• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Liliane Kabaganza uri mu bamenyekanye cyane mu ndirimbo zaririmbiwe Imana, yatangaje ibyamubayeho atwite inda ya mbere, byatumye ivamo, ari na byo byashibutsemo igitekerezo cy’indirimbo yise ‘Ejo ni heza’.

Liliane Kabaganza waririmbye indirimbo zamenyekanye mu Rwanda mu gihe cyo hambere, asigaye atuye muri Kenya, akaba aherutse kuza mu Rwanda gushyigikira mugenzi we Tonzi mu gitaramo yamurikiyemo album ye.

Uyu muhanzikazi Kagabaganza, ubwo yari muri iki gitaramo, yanasangije abakitabiriye ibihe bigoye yigeze kunyuramo, ubwo yari atwite inda ye ya mbere.

Yagize ati “Maze iminsi micye nkoze ubukwe ubwo nari ntwite inda ya mbere, nagize uburibwe ndi mu nzira, nsaba ubufasha barabunyima.”

Yakomeje agira ati “Hari uwo nasabye n’ijana ntiyarimpa. Hari umudamu wari uri aho hafi musabye lifuti arayinyima, naje kwihangana ndataha ngeze mu rugo umugabo amafasha ibishoboka byose ariko n’ubundi ya nda yavuyemo ntakundi.”

Kabaganza yavuze ko uwo wamwimye Lifuti, baje guhura hashize imyaka yarakennye, avuga ko Imana ihindura abihebye n’abahuye nk’ibyo yahuye na byo.

Avuga ko Imana yaje kumusubiza, nubwo yanyuze muri ibyo bihe bigoye, ku buryo uru rugendo ari rwo rwashibutsemo igitekerezo cy’indirimbo ‘Ejo ni heza’ yashyize hanze mu mwaka wa 2020.

Kabaganza amaze imyaka myinshi azwi n’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana, kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yararirimbye muri korali Rehoboth, nyuma akaza kuririmba ku giti cye.

Liliane Kabaganza ni umwe mu bahanzi bamamaye mu Rwanda muri Gospel

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 3 =

Previous Post

Hashyizwe hanze gahunda yo gusezera ku mutoza wa APR wapfuye urupfu rukiri urujijo

Next Post

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.