• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Impaka zazamuwe n’itangazo ry’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abantu barimo abakoresha ibinyabiziga kwirinda kwanduza imihanda ya kaburimbo, aho bamwe bavuga ko baturuka mu bice birimo imihanda y’igitaka irimo n’iyangiritse, ku buryo iyo imvura yaguye bagera ku mihanda ya kaburimbo bitabura ko yandura.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwashyize hanze itangazo rivuga ko “Umujyi wa Kigali uributsa abantu bose ko bibujijwe kwanduza umuhanda” kandi bikaba bireba abantu ku giti cyabo ndetse n’ abafite ibikorwa by’ubwubatsi aho imodoka ziva cyangwa zinjira kuri ‘chantier’, ibirombe n’ahandi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwakomeje buvuga ko “Imodoka zigomba gusukurwa amapine igihe zigiye kwinjira muri kaburimbo.” Bwavuze kandi ko “Abafashwe banduza umuhanda bahanwa hakurikijwe Itegeko N°48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 Rigenga Ibidukikije.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri iri tangazo ry’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bavuze ko baturuka mu bice birimo imihanda y’ibitaka, kandi ko mu gihe imvura yaguye imodoka zabo zidashobora kubura kugera ku mihanda ya kaburimbo ngo yandure.

Uwitwa Mutwarasibo kuri X, wanagaragaje amafoto y’umuhanda wo mu bice baturukamo mu Gatenga w’ibitaka wuzuyemo ibyondo, yagize ati “None muretse kwigiza nkana umuntu azajya ava mu rugo nagera kuri kaburimbo abanze ahagarare boze imodoka? Ahubwo nimudukorere imihanda kuko natwe sitwe dukunda gutaha mu byondo.”

Uwitwa Blessed we yagize ati “Muzadushyiriraho abashinzwe koza ayo mapine ariko? Muzaze Masaka-Rusheshe imvura yaguye mumbwire aho nakogereza iyo modoka ngiye gukorera mu Mujyi. Nimudukorere imihanda ubundi murebe ko izo kaburimbo tuzongera kuzanduza.”

Uwitwa Dieudonne yagize ati “Hagati aho, turacyafite imihanda myinshi mito y’igitaka ku buryo iyo imvura yaguye imodoka ziyivamo zinjira mu minini nanone zifite ibitaka nubwo zaba zogejwe amapine mbere yo guhaguruka mu rugo. Na byo ni ukubizirikana ko tugifite urugendo rudusaba kwihanganira bimwe na bimwe.”

Hari n’abavuze ko atari bo banduza imihanda, ahubwo ko Imihanda ari yo ibangiriza Ibinyabiziga, ahubwo ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ari bwo bwari bukwiye kujya buryozwa uburyo imihanda ibanduriza ibinyabiziga.

Uwitwa Uwizihiwe Leonne Laura na we yagize ati “Nonese ko hari imihanda iri mu mujyi itwanduriza imodoka ubwo umujyi wa Kigali urateganya kujya utwogereza amapine? Twe ntitwanduza imihanda ahubwo yo iratwanduriza kuko tuba twavuye mu rugo twogeje.”

Umujyi wa Kigali uributsa abantu bose ko bibujijwe kwanduza umuhanda. Ibyo bireba:
✅Umuntu ku giti cye;
✅Abafite ibikorwa by'ubwubatsi aho imodoka ziva cyangwa zinjira kuri 'chantier', ibirombe n'ahandi;

Imodoka zigomba gusukurwa amapine igihe zigiye kwinjira muri kaburimbo. pic.twitter.com/OWsDuPIifV

— City of Kigali (@CityofKigali) April 17, 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twenty =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Next Post

Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.