Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere mu mateka y’Ingabo z’u Rwanda, hakozwe umwiyereko mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kuva utangiye kugeza uhumuje. Ni ibintu byanyuze Abanyarwanda benshi basanzwe bakunda uru rwego rw’Umutekano ruzwiho ubudakemwa, rwagize icyo ruvubivugaho ndetse n’ikigiye gukurikiraho.

Tariki 15 Mata 2024, RDF yongeye kugaragarizwa ko yigaruriye igikundiro cya benshi, by’umwihariko ubwo bagaragazaga ko banyuzwe no kuba akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda kakozwe mu Kinyarwanda ijambo ku rindi, mu gihe byari bimenyerewe ko gakorwa mu Kiswahili n’icyongereza.

Ni akarasisi kakozwe ubwo abasirikare 624 basozaga amasomo n’imyitozo mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, wahaye ipeti rya Sous Lieutenant aba basirikare.

Bamwe ntibatinye no kuvuga ko bishimangira kwigira kw’Abanyarwanda no guha agaciro Ururimi kavukire rwabo nk’uko Perezida Paul Kagame adahwema kubibashishikariza.

 

Akarasisi ko mu Kinyarwanda kaje gate?

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera, avuga ko Ingabo z’u Rwanda nk’Urwego rw’Abanyarwanda, rwemerewe gukoresha indimi zose ziteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe muri 2015.

Avuga ko ariko nanone Ururimi rw’Ikinyarwanda ari rwo rubasha kumvwa n’Abanyarwanda benshi kurusha izindi ndimi ziteganywa n’Itegeko Nshinga, bityo ko ntacyabuza RDF kurukoresha nko mu birori nka biriya biba bikurikiwe kandi bikorewe Abanyarwanda.

Ati “Abanyarwanda benshi ni abashobora kumva Ikinyarwanda, kandi ibirori biba byakorewe Abanyarwanda, harimo ababyeyi baba bavuye hirya no hino kureba ibirori by’abana babo.”

Akomeza agira ati “Ni ishema rikomeye kuko baba bashobora kumva uko akarasisi karushaho gukorwa mu Kinyarwanda.”

Lt Col Simon Kabera avuga ko kandi kuba aka karasisi karakozwe mu Kinyarwanda bigashoboka, ndetse n’Abanyarwanda bakabyishimira, ari iby’agaciro.

Ati “Niba byashoboye gukorwa tukabona abantu baranabyishimiye, nta mpamvu dushobora kubireka, ahubwo tuzabikomeza, kandi bijyanye n’icyerekezo cy’Umukuru w’Igihugu.”

Umuvugizi Wungirije wa RDF avuga kandi ko nta mpungenge zihari ku banyeshuri b’abanyamahanga bazajya baza kwiga muri iri shuri rya Gako, kuko n’ubusanzwe amagambo akoreshwa mu karasisi, aba ari macye ku buryo atabananira kuyumva no kuyakurikiza.

Nanone kandi ku ngabo z’u Rwanda zizajya zijya mu butumwa mu Bihugu bitandukanye, Lt Co Simon Kabera avuga ko ntakizazibuza gukora akarasisi mu Kinyarwanda, kuko aho zijya hose zigenda mu mwambaro w’umuco w’Igihugu cyabo.

Perezida Kagame ni we wayoboye uyu muhango

Akarasisi ka mbere ka RDF kakozwe mu Kinyarwanda
Mu basoje harimo abari bagera muri 50
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera ni na we wari umusangiza w’ibiganiro muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 5 =

Previous Post

Huye: Urujijo ku rupfu rw’uvugwaho ubujura basanze umurambo we mu muhanda rwagati

Next Post

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n'inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry'ibiciro byawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.