Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in Uncategorized
0
Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakekwaho ubujura bw’intama n’inzoga bwakorewe mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Rusizi, ubwo bamaraga gutahurwa nyuma y’uko basanze babihishe mu mwobo, bakijijwe n’amaguru bayabangira ingata.

Ni ubujura bwakozwe mu Murenge wa Gihundwe n’uwa Nkanka, mu ijoro rimwe; ahibwe itungo ry’intama ndetse n’amakaziye y’inzoga, bimwe bikaza gusangwa mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe.

Mukantaganzwa wo muri Giundwe wibwe intama yaburaga amezi abiri ngo ibyare, yavuze ko mu rukerere yashidutse asanga itungo rye ridahari agahita atabaza abaturanyi bakurikirana aho yarengeye bagasanga ryamaze kubagwa.

Yagize ati “Bageze inyuma y’urugo bayicira aho, nanjye mbyuka saa kumi mbona amaraso, ntabaza abaturage bakurikira aho amaraso yagiye ajojoba inzira yose basanga bamaze kuyibaga.”

Byiringiro Leopord wafashwe akekwaho ubu bujura agahita yemera uruhare rwe mu kwiba iyi ntama, yanatanze amakuru kuri bagenzi be bibye amakaziye atanu y’inzoga mu Murenge wa Nkanka bakayahisha mu mwobo.

Yagize ati “Umwe yari yaratubwiye ngo hari ahantu azi intama, twagiye Hakim arakingura, Ishimwe aba arayisohoye, David aba ayikubise umupanga nanjye mba ndayishishuye.”

Uyu ukekwaho ubujura, avuga ko bagenzi be bari bamaze kwiba inzoga bari batangiye kuzinywa, izindi bazihisha mu mwobo.

Abaturage bo muri Nkanka baje bakurikiye abari bamaze kwiba inzoga bakaza kuzisanga mu mwobo, banenga imikorere y’irondo ndetse no kuba abajura bafatwa bugacya barekurwa.

Habarurema Aloys yagize ati “Twamaze kubagota batubwira ko batumena impanga, tugeze hepfo tubona abantu babagiye intama, dukomeza dushakisha tubona umwobo munini upfutse, turebye dusangamo amakesi atanu.”

Bamwe mu baturage bavuga kandi ko umwe mu bafashwe bakekwaho ubu bujura, yababwiye ko “akorana n’abapolisi, akavuga ko n’iyo twamujyana ari iminota micye akagaruka, kandi koko n’ubundi turamufata hashira icyumweru akagaruka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux ashimira abaturage uruhare bagize mu ifatwa rya bamwe mu bakekwa ubu bujura, ndetse akavuga ko abahise bacika bakomeje gushakishwa n’inzego zibishinzwe.

Uwabanje gufatwa ni we watanze amakuru yatumye hatahurwa abandi
Bari bibye amakaziye atanu y’inzoga
Zimwe bari bazitabye mu mwobo

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye

Next Post

Palestine: Imibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Palestine: Imibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Palestine: Imibiri myinshi y'abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.