• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika n’igare, uherutse kugarara aganira n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda banyonga igare, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda.

Kino Yves yageze muri Kenya mu mpera z’umwaka ushize wa 2023 avuye iwabo i Burayi akoresheje inzira y’ubutaka, aho mu ngendo ze akoresha igare rye ridasanzwe ry’amapine atatu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa umaze kugera mu bindi Bihugu bitandukanye ku Mugabane wa Afurika birimo Sudani na Ethiopia, mu minsi micye ishize aherutse kugera mu Rwanda avuye muri Uganda.

Ubwo yageraga mu Rwanda, yagaragarijwe urugrwiro n’Abanyarwanda barimo umusore bahuriye mu muhanda na we wari uri kunyonga igare, bagirana ikiganiro cyakunzwe na benshi.

Mu mashusho y’uyu Mufaransa Kino Yves yongeye kujya hanze, agaragara yagiye kwica isari, yaka ibiryo bya Kinyarwanda, byamugeraho akishimira uburyo iri funguro rinurira.

Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika akoresheje igare, uherutse kugarara aganira n’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda. pic.twitter.com/cn7s3Zs8Eu

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 25, 2024

Akimara kubwirwa ubwoko bw’amafuro ya Kinyarwanda ari muri resitora yagiye gufatiramo ifunguro, yahise asaba ko bamugaburira umuceri uzananye n’igitoki, ibishyimbo ndetse n’inyama z’ihene.

Uyu Mufaransa ugaragaza ko yishimiye u Rwanda, amaze kubona iri funguro, yahise agaragaza akanyamuneza kenshi by’umwihariko ashimishwa n’ibishyimbo byinshi bari bamushyiriyeho.

Atangiye gufata iri funguro avuga ko ari irya mbere yafatiye mu Rwanda, yagize ati “Reka ngerageze ifunguro ryo mu Rwanda. Amafunguro yose ha hano mu Rwanda aba ari meza ku buzima bw’umuntu.”

Ageze ku rusenda, ahita ashyiramo rwinshi, ariko akavuga ko rushyoshye kubi nubwo rwageze aho rukamukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gregory Tayi says:
    2 years ago

    kuki mutamukorera interview aho gufata amakuru yo kuri youtube?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Next Post

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.