Tuesday, June 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko urubyiruko rw’abakobwa rukomeje kwishora mu ngeso z’ubusambanyi, hagira ugira ngo arabagira inama, bakamwuka inabi bavuga ko ashaka kubabuza uburenganzira bwabo.

Bamwe muri aba babyeyi, bavuga ko icyo babona gikomeje gutuma aba bana bishora mu ngeso mbi, ari uko bahawe uburenganzira bagakabya, mu gihe abo hambere banabanyuzagaho akanyafu, none ubu ntawe ubavuga.

Umwe ati “Igihangayikishije njye mbona ari uburenganzira abana bahawe. Ubona umwana yatinze ukamubaza uti ‘mwana wari uri he?’ Ati ‘ubwo ni uburenganzira bwanjye nuvuga gato ndakurega kuri polisi.’ Nawe nk’umubyeyi yaza mu gitondo, yaza igihe ashakiye ugatuza kuko urebye nabi bashobora kukujyana no kuri polisi kubera ko wahohoteye wa mwana wavuze ngo kuki atinze.”

Undi mubyeyi ati ati “Ubu ni abazirankoni, none unavuze nk’uwabyariye iwabo, umubwiye uti ‘mwana icara hamwe ntuzongere kugenda ujya kurereta cyangwa ngo utinde mu mihana’, uwo mwana arakubwira ngo ‘ahubwo ndajya kukurega kuko uri kuntoteza, ndaguhamagariza RIB nturi kundeba neza’, ugasanga mbese ni ikibazo.”

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oreste ashimangira ko imyitwarire y’urubyiruko muri iki gihe iteye inkeke bityo akarusaba gutora umuco wa ‘Tunyweless’ kuko ngo byagabanya imibare y’inda zitateganyijwe igenda yiyongera cyane.

Ati “Ikiduteye ubwoba ahubwo ni imyitwarire tubona hanze aha ngaha mu rubyiruko, ubusinzi mu rubyiruko byongera ibyago byinshi byo kuba abantu bakwishora mu mibonano mpuzabitsina cyane cyane idakingiye nk’ibi mubona by’inda zitateganyijwe cyane cyane mu bana batoya binajyana ndetse no gufata ku ngufu, iyo ugiye kureba imibare ubona ko yiyongera. Tunyweless buriya n’ubwo ireba ikijyanye n’ubusinzi ariko inareba n’izo ngaruka zindi zaturuka mu kuba abantu ari abasinzi.”

Umuhuzabikorwa w’Umuryango utari uwa Leta wita ku kurengera umwana, ‘Coalition Umwana Ku Isonga’, Ruzigana Maximilien avuga ko ikibazo cy’imyitwarire ya bamwe mu rubyiruko kiva ku kuba bamwe mu babyeyi bashaka guhana abana bitagishobotse ndetse agashimangira ko urufunguzo rwo guhana umwana neza atari inkoni, ahubwo ari imyitwarire y’umubyeyi ku giti cye.

Ati “Umwana iyo umugaruje ineza n’urukundo ukamubwira neza akenshi atinya gukora icyaha no gukora amakosa, kubera ko ari gutinya guhemukira umubyeyi kandi babanye neza, umwana akazakura yubaha umubyeyi kubera ko amukunda, atamwubahira ko amutinya.”

Yakomeje agira ati “Ababyeyi bakwiye kumva ko uruhare rwabo ku burere bw’abana babo ni ntasimburwa. Birashoboka ko umwana yakunanira ntabwo mvuze ngo 100% abana bose ushobora kubahereza umurongo bakawubahiriza ariko n’iyo wabemerera abo ngabo bavuga batyo ngo ubahe umwanya bagende babakubite, ntabwo n’ubundi babagarura mu murongo, ahubwo imvugo ukoresha uri guhana umwana kuko umwana ntuzamureka ngo akore icyo yishakiye akiri mutoya ngo nakura aba ari bwo ushakira kubimushyiraho azaba yamaze kurenga ihaniro.”

Inzego zitandukanye zikomeza zigaragaza ko n’ubwo bamwe mu babyeyi basa nk’abashinja Leta kubabuza guhana abana babo, atari ukuri ahubwo ko iba ibarinda guhabwa ibihano bibabaza umubiri n’umutima, icyakora bigasa nk’aho hari icyuho kuko bamwe mu babyeyi bahitamo guterera iyo ku bwo kudasobanukirwa n’uburyo bukwiye bwo guhana abana.

Ababyeyi banenga ingeso zadukanywe n’urubyiruko rw’abakobwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + four =

Previous Post

BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda

Next Post

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Related Posts

U Rwanda rwatanze umucyo ku mpamvu yo kwikura burundu mu Muryango ECCAS urimo na Congo

U Rwanda rwatanze umucyo ku mpamvu yo kwikura burundu mu Muryango ECCAS urimo na Congo

by radiotv10
10/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye icyemezo iherutse gutangaza cyo kuva mu Muryango w'Ubukungu w'Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (ECCAS), itangaza...

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

U Rwanda rwatanze umucyo ku mpamvu yo kwikura burundu mu Muryango ECCAS urimo na Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku mpamvu yo kwikura burundu mu Muryango ECCAS urimo na Congo

by radiotv10
10/06/2025
0

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

09/06/2025
Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rwatanze umucyo ku mpamvu yo kwikura burundu mu Muryango ECCAS urimo na Congo

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.