Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage b’i Nyabigoma mu Kagari ka Rasano mu Murenge wa Bweyeye, bavuga ko bubakiwe ivuriro ry’ibanze rya Murwa, ndetse rigatangira gukora, ubu ridaheruka gukora, bakaba bibaza icyabuze kikabayobera.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2023 nibwo ivuriro ry’ibanze rya Murwa ryatashywe ku mugaragaro, bitera akanyamuneza abarituriye bumvaga ko baruhutse ingendo ziruhije bakoraga bajya kwivuza.

Icyakora amezi atanu arihiritse iri vuriro ridakora , bikaba byarongeye gutuma abaturage barituriye bongera gutangangazwa no kubona aho kwivuriza.

Iranzi Zitah agira ati “Byari byadushimishije ariko ubu kuko nta muganga uhari tuba twumva ari ikibazo kubera ko kwivuza bidusaba kuzamuka umusozi muremure.”

Niyimpaye Prucherie na we ati “Dukora urugendo rurerure tujya kwivuza. niba baratwubakiye iyi poste de Sante mu buryo bwo kudufasha, kubera iki bataduha abaganga?”

Ubu kugira ngo umuturage wo muri Nyabigoma abone ubuvuzi, bimusaba amafaranga 8 000 y’urugendo ajya ku Kigo Nderabuzima cya Bweyeye cyangwa kuzamuka umusozi bavuga ko bagenda hafi amasaha abiri ngo bagere kuri Poste de Sante ya Rasano.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi ndetse ko ubuyobozi bwakoze ibishoboka byose ntikibonerwe umuti.

Ati “Poste de Sante ya Murwa ntikora kubera ikibazo cy’abakozi bacye bari ku Kigo Nderabuzima cya Bweyeye. Akarere kayishyize ku isoko ariko kugeza ubu inshuro eshatu zose twatanze amatangazo habuze rwiyemezamirimo wayifata. Turateganya gusaba MINISANTE abakozi.”

Iki Kigo cy’Ubuzima kitaramara igihe kinini, cyubatswe ku bufatanye bw’ikigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB na Caritas ya Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, gishyikirizwa Akarere ka Rusizi gitwaye 15 841 241 Frw.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 19 =

Previous Post

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Next Post

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.