Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza yagaragaje ko abimukira barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, batangiye gufatwa na Polisi kugira ngo bazabone uko burizwa indege izaberecyeza i Kigali.

Iki gikorwa cya Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza kigaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaramo Abapolisi binjira mu nzu z’aba baturage bakabasohoramo; bakabinjiza mu modoka ifungirwa inyuma.

Mu minsi micye bazurizwa indege ziberecyeza mu Rwanda, aho bazasanga umuturage umwe ukomoka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake akaba yarahageze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Icyakora Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Bernard Mukurarinda yabwiye RADIOTV10 ko iyi mpunzi itarebwa n’amasezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza.

Yari yagize ati “Ni umuntu wari warageze mu Bwongereza afite Visa yahawe iramushirana asaba ko bayongera ntibamwemerera, yasabye n’ubuhungiro ntibamwemerera. Icyari gisigaye ni uko asubizwa mu Gihugu yaturutsemo iwabo, babimubwiye ahitamo kuza mu Rwanda. ntabwo agengwa n’aya masezerano.”

Iyi nzira igana ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano, ije nyuma y’iminsi micye abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza 306 batoye iri tegeko naho 229 bakomeza gutsimbarara. Impaka zarangijwe n’uruhande rufite umubare munini. Ku nshuro ya mbere iyi nteko y’u Bwongereza yahuje imvugo yemeza ko u Rwanda rutekanye, ubu barubonamo ahantu heza ho kwakira abasaba ubuhungiro.

Umwe mu bagize Inteko y’u Bwongereza yagize ati “U Rwanda ni Igihugu gitekanye, gifite ubushobozi bwo kwakira abasaba ubuhungiro no kubafasha kubaka ubuzima bushya. U Rwanda rufite amateka yo gufasha abari mu kaga kuko rucumbikiye impunzi n’abimukira barenga ibihumbi 130.  Muri aya masezerano harimo ingingo zisaba u Rwanda gufasha izi mpunzi, ndashimira imbaraga Guverinoma y’u Rwanda yashyize muri iki gikorwa.”

Kuri iki cyemezo cy’u Bwongereza; Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko byashimishije u Rwanda runiteguye kwakira aba baturage.

Yagize ati “Tunyuzwe n’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje uyu mushinga. Twiteguye kwakira abantu bazoherezwa mu Rwanda.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza; Umunyamabanga Ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Spencer Cleverly yavuze ko hagiye gukurikiraho indi ntambwe yo kwemeza aya masezerano nk’itegeko.

Yagize ati “Uyu ni umunsi w’amateka ku mugambi wacu wo guhagarika ubwato. Umushinga wo kuba u Rwanda rutekanye watowe mu Nteko; uzahinduka itegeko mu minsi micye. Iki gikorwa kizatuma abantu batongera gukoresha nabi amategeko arengera uburenganzira bwa muntu mu guhagarika uyu mugambi. Ibi bisobanuye ko Inteko y’u Bwongereza yigenga. Ubu turi gukora ijoro n’amanywa kugira ngo indege za mbere zihaguruke.”

Ibi kandi binashimangirwa na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak uvuga ko Igihugu cye kigiye gutegura ibisabwa byose kugira ngo aba baturage berecyeze i Kigali.

Yagize ati “Guhera igihe uyu mushinga utorewe; turatangira gahunda yo kohereza aba mbere. Ubu turiteguye.”

Hatagize igihinduka; Guverinoma y’u Bwongereza ivuga ko abimukira ba mbere bazagera i Kigali mu byumeru 12 biri imbere nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Sunak.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Next Post

Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Umucyo ku ifoto y'umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.