Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza yagaragaje ko abimukira barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, batangiye gufatwa na Polisi kugira ngo bazabone uko burizwa indege izaberecyeza i Kigali.

Iki gikorwa cya Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza kigaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaramo Abapolisi binjira mu nzu z’aba baturage bakabasohoramo; bakabinjiza mu modoka ifungirwa inyuma.

Mu minsi micye bazurizwa indege ziberecyeza mu Rwanda, aho bazasanga umuturage umwe ukomoka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake akaba yarahageze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Icyakora Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Bernard Mukurarinda yabwiye RADIOTV10 ko iyi mpunzi itarebwa n’amasezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza.

Yari yagize ati “Ni umuntu wari warageze mu Bwongereza afite Visa yahawe iramushirana asaba ko bayongera ntibamwemerera, yasabye n’ubuhungiro ntibamwemerera. Icyari gisigaye ni uko asubizwa mu Gihugu yaturutsemo iwabo, babimubwiye ahitamo kuza mu Rwanda. ntabwo agengwa n’aya masezerano.”

Iyi nzira igana ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano, ije nyuma y’iminsi micye abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza 306 batoye iri tegeko naho 229 bakomeza gutsimbarara. Impaka zarangijwe n’uruhande rufite umubare munini. Ku nshuro ya mbere iyi nteko y’u Bwongereza yahuje imvugo yemeza ko u Rwanda rutekanye, ubu barubonamo ahantu heza ho kwakira abasaba ubuhungiro.

Umwe mu bagize Inteko y’u Bwongereza yagize ati “U Rwanda ni Igihugu gitekanye, gifite ubushobozi bwo kwakira abasaba ubuhungiro no kubafasha kubaka ubuzima bushya. U Rwanda rufite amateka yo gufasha abari mu kaga kuko rucumbikiye impunzi n’abimukira barenga ibihumbi 130.  Muri aya masezerano harimo ingingo zisaba u Rwanda gufasha izi mpunzi, ndashimira imbaraga Guverinoma y’u Rwanda yashyize muri iki gikorwa.”

Kuri iki cyemezo cy’u Bwongereza; Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko byashimishije u Rwanda runiteguye kwakira aba baturage.

Yagize ati “Tunyuzwe n’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje uyu mushinga. Twiteguye kwakira abantu bazoherezwa mu Rwanda.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza; Umunyamabanga Ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Spencer Cleverly yavuze ko hagiye gukurikiraho indi ntambwe yo kwemeza aya masezerano nk’itegeko.

Yagize ati “Uyu ni umunsi w’amateka ku mugambi wacu wo guhagarika ubwato. Umushinga wo kuba u Rwanda rutekanye watowe mu Nteko; uzahinduka itegeko mu minsi micye. Iki gikorwa kizatuma abantu batongera gukoresha nabi amategeko arengera uburenganzira bwa muntu mu guhagarika uyu mugambi. Ibi bisobanuye ko Inteko y’u Bwongereza yigenga. Ubu turi gukora ijoro n’amanywa kugira ngo indege za mbere zihaguruke.”

Ibi kandi binashimangirwa na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak uvuga ko Igihugu cye kigiye gutegura ibisabwa byose kugira ngo aba baturage berecyeze i Kigali.

Yagize ati “Guhera igihe uyu mushinga utorewe; turatangira gahunda yo kohereza aba mbere. Ubu turiteguye.”

Hatagize igihinduka; Guverinoma y’u Bwongereza ivuga ko abimukira ba mbere bazagera i Kigali mu byumeru 12 biri imbere nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Sunak.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Next Post

Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Umucyo ku ifoto y'umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.