Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA
0
Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye ifoto y’umwana wiga mu ishuri ribanza ryo mu Karere ka Muhanga, wagiye ku ishuri yifubitse umwambaro wa Polisi y’u Rwanda, uru rwego rwagize icyo rubivugaho.

Ni ifoto yacicikanye kuri uyu wa Kane tariki 02 Mata 2024, aho bamwe bavugaga ko uyu mwana yahengereye umubyeyi we usanzwe ari Umupolizi adahari, akambara umwambaro we akoresha umurimo w’Igipolisi, akagenda awifubitse kuko hari haramutseho imbeho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemeje aya makuru ko uyu mwana yagiye ku ishuri yambaye uyu mwambaro, ariko ko iyi mpuzankano itagikoreshwa na Polisi y’u Rwanda.

SP Emmanuel Habiyaremye yavuze ko uyu mwana yiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza ku Ishuri ribanza rya Gatenzi (Ecole Primaire Gatenzi) ryp mu Karere ka Muhanga, ndetse ko ubuyobozi bw’iri shuri bwabimenyesheje Polisi y’u Rwanda.

Yagize ati “Yaje ku ishuri yambaye impuzankano y’ishati ya Polisi ariko itagikoreshwa ubu ngubu. Ubuyobozi bw’ishuri bwatumenyesheje, tukaba twatangiye iperereza ngo tumenye uko yayibonye.’’

Bamwe mu bashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’uyu mwana wambaye impuzankano ya Polisi, bibaza igishobora gukorerwa umuntu wakwambara umwambaro w’urwego nk’uru rw’umutekano adasanzwe arukorera, bibaza niba hari itegeko rimuhana.

Ni mu gihe abandi basabaga uru rwego rwa Polisi y’u Rwanda gukora iperereza, dore ko hari n’uwavuze ko umubyeyi w’uyu mwana atari n’umupolisi, ndetse ko uyu mwana abajijwe aho yakuye uyu mwambaro, ngo yavuze ko Se umubyara ajya awambara iyo ijoro riguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Next Post

Nigeria: Hatangajwe amakuru mashya ku bakekwaho kwica basagariye umupolisikazi washenguye benshi

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hatangajwe amakuru mashya ku bakekwaho kwica basagariye umupolisikazi washenguye benshi

Nigeria: Hatangajwe amakuru mashya ku bakekwaho kwica basagariye umupolisikazi washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.