• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto n’amashusho bigaragaza Perezida wa Kenya, Dr William Ruto ari kugenda afata icyo kunywa cya mu gitondo anyuzamo akanareba kuri telefone, hamenyekanye igihe yafatiwe n’icyo yari agiye gukora.

Ni amafoto n’amashusho bikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bashima uyu Mukuru w’Igihugu wakunze kugaragaza kwicisha bugufi.

Aya amafoto n’amashusho byafashwe ku wa wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, ubwo Perezida William Ruto yerecyezaga mu cyumba kigari yayoboreyemo Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yari yatumije ngo Guverinoma yige ku kibazo cy’imyuzure ikomeje kwibasira iki Gihugu.

Ikinyamakuru Standard Media gikorera muri Kenya, kiri mu byatangaje aya makuru y’uburyo Perezida William Ruto yagiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri ari kunywa icyo kunywa cya mu gitondo.

Mu butumwa dukesha iki kinyaamkuru, buvuga ko “Perezida William ruto yagaragaye anywa akarahure k’icyayi ubwo yari agiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.”

EARLIER: President William Ruto enjoying a cup of tea ahead of the Cabinet meeting at State House Nairobi. The Cabinet deliberated on the floods situation in the country, among other issues.

Photos: PCS pic.twitter.com/6fBzi9xbZI

— The Standard Digital (@StandardKenya) April 30, 2024

Ni inama y’Abaminisitiri yateranye mu buryo butunguranye, yakurikiye ibiza byari byabaye mu ijoro ryo ku ya 29 rishyira ku ya 30 Mata 2024, byari byahitanye abantu barenga 50.

Perezida William Ruto ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu bakunze kugaragaza guca bugufi. Muri Mata 2023 ubwo Perezida Ruto yagiriraga uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, akanasura Intara y’Iburasirazuba mu Karere ka Bugesera, ubwo yerecyezagayo na bwo yagaragaye yagiye gufata icyayi mu iduka ricuruza amafunguro yoroheje i Nyamata.

H.E Ruto William 🥰, I like this man 👏🏃‍♂️ pic.twitter.com/WqgKIQ5rIT

— 🅵🅰🅱🆁🅸🅲🅴 🅺🅰🅿🅰🅻🅰🅶🅶A (@KanyarwandaWacu) May 3, 2024

Perezida Ruto ubwo yari agiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri yagaragaye agenda anywa ka cyayi

Muri Mata umwaka ushize Perezida William Ruto yafatiye icyayi muri resitora imwe i Bugesera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 4 =

Previous Post

Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi

Next Post

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.