Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’aborozi b’inka babatemera intsina bakazigaburira amatungo yabo, bikaba bimaze kubakenesha, kandi ubuyobozi bukaba bwarateye umugongo iki kibazo, bakavuga ko hatagize igikorwa bishobora kuzabyara amakimbirane aremereye.

Gacaniro Jean de Dieu ni umwe muri aba bahinzi, utuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, uvuga ko amaze hafi imyaka itatu atabaza ubuyobozi kubera urugomo akorerwa n’aborozi birara mu rutoki rwe bagatema intsina ngo bagaburire amatungo yabo.

Uyu muturage avuga ko, urutoki rwari rufite agaciro kagera kuri miliyoni 150 Frw, rutakibashije kumutunga ndetse ngo agaciro karwo kamaze kugera kuri miliyoni zitarenze 20 Frw.

Ati “Mu kwezi nacagamo ibitoki bitewe n’uko nasengezagamo [inzoga] nabonaga byibura ibihumbi 700 buri kwezi, none ubu byarabuze nta n’atanu. Abana banjye ntabwo bakiga bitewe n’uko amafaranga ariho nayakuraga ndetse nkaba nari naragujije amafaranga muri Microfinance, ubu nkaba mfite impungenge ko ayo mafaranga kugira ngo nzayishyure ari ikibazo kuko aho nagombaga kuyakura urwo rutoki barumaze.”

Uyu muturage kimwe n’abandi bo mu Tugari dutandukanye tw’uyu Murenge wa Rubavu, bashimangira ko uretse ubukene n’inzara, ngo ikibazo cyo gutemerwa intsina kibateje umutekano muke mu buryo bukomeye.

Umwe ati “Ubu nta mutekano dufite, wowe se nturi kubireba uyu ni umutekano? Umutekano wo gutema ibintu byari ibyo gutunga abantu bakabona ibyo bakeneye byose?”

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwamenyeshejwe iby’iki kibazo, ariko bukaba bwarabateye umugongo, kandi babona gishobora kuzakomera kuko cyazamuye umwuka mubi hagati y’aba bahinzi n’aborozi.

Undi ati “Turasaba ubufasha muri Leta, imbaraga za Leta ni zo zadushoborera abo bantu kuko twe dushyizemo imbaraga zacu, urumva haba intambara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise ntiyemeranya n’aba baturage ko iki kibazo cyaburiwe igisubizo, kuko abafatirwa mu bikorwa by’urugomo bahanwa.

Harerimana Blaise agaruka ku kibazo cy’uyu muturage witwa Gicaniro, yagize ati “hari igihe yigeze kugirana ibibazo n’abaturanyi be, hanyuma ibyo bibazo inzego z’ubuyobozi zabigiyemo bigaragara ko harimo intsina zangijwe zigomba no kwishyurwa n’abazangirije kuko bagiye bamenyekana mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ibiba bikurikiyeho nyine ni ugukurikirana ko buri wese icyo yasabwe agikora. Kuba atarishyurwa cyaba ari ikindi byakurikiranwa nabyo.”

Yakomeje avuga ko ibi bibazo biba hagati y’abahinzi n’aborozi, ari ibisanzwe. Ati “ahantu hari abantu ntihashobora kubura ibibazo, bibaho wenda umushumba umwe cyangwa babiri b’abanyarugomo bakagenda bagatema intsina y’umuntu, iyo bigaragaye gutyo ubuyobozi bukabimenya igihita kibaho ni ugufata uwo mushumba akabibazwa byaba na ngombwa n’umukoresha na we akabazwa iyo bigaragara ko harimo uruhare rwe.”

Aya makimbirane hagati y’abahinzi b’urutoki n’aborozi b’inka, bamwe bavuga ko amaze igihe kinini kandi ngo ajyana n’urugomo abashumba babo bagirira abo baturage iyo babafatiye mu mirima yabo, nyamara ngo banafungwa bugacya batashye ngo kuko baba baragirira abanyabubasha.

Abahinzi b’urutoki barira ayo kwarika, n’intsina ziriho ibitoki bitarera ntibazirebera izuba
Abashumba b’aborozi bajya gutema intsina z’abahinzi
Aborozi ngo bitwaza ko bakomeye

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ukuri ku mashusho y’umuhanzi Nyarwanda yatumye hari abamukekaho uburwayi bwo mu mutwe

Next Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.