Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwe mu bakinnyi ba filimi nyarwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibiterasoni

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
9
Umwe mu bakinnyi ba filimi nyarwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibiterasoni
Share on FacebookShare on Twitter

Gasore Pacifique uzwi nka Yaka Mwana umaze kumenyekana muri sinema nyarwanda, yatawe muri yombi we n’abandi bantu batanu, bakurikiranyweho ibyaha birimo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina.

Aba bantu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bafashwe mu bihe bitandukanye, harimo abafunzwe tariki 16 Mata ndetse no ku ya 06 Gicurasi 2024.

Gasore Pacifique wamamaye nka Yaka Mwana, yatawe muri yombi nyuma y’amezi macye n’ubundi atawe muri yombi, aho mu kwezi k’Ugushyingo 2023 yari yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ariko aza kurekurwa.

Uretse Yaka Mwana uzwi mu batawe muri yombi, hafunzwe uwitwa Uwimana Jeannette uzwi nka Gaju, Mukamana Francine usanzwe akoresha YouTube Channel yitwa nka Fanny TV 250.

Hatawe muri yombi kandi Iradukunda Themistocles uzwi nka T Bless na we ufite YouTube Channel ya Kigali Magazine, ndetse na Mugwaneza Christian usanzwe ufata amashusho atambuka ku mashene ya YouTube.

Hari hamaze iminsi hagaragara amashusho agaragaramo uyu mukinnyi wa Filimi Yaka Mwana, aganira n’abakobwa, bamwe bakanakora ibikorwa biteye isoni, nk’ayo Yaka Mwana yagaragayemo asa nk’ukora ku myanya y’ibanga y’umukobwa bari kumwe mu kiganiro kuri YouTube.

Yaka Mwana na Fanny bigeze kugaragara mu kiganiro bombi batawe muri yombi

Aba bantu batandatu, bakurikiranyweho ibyaha binyuranye; nk’icyo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, hakaba icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, ndetse n’icyaha cyo gutukana mu ruhame.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wakunze kuburira abakoresha imbuga nkoranyambaga zirimo na YouTube ndetse n’izindi nka Instagram na Facebook, kwirinda kuzikoresha ibishobora kuvamo ibyaha, yongeye kugira inama abakoresha izi mbuga.

Yagize ati “Ntabwo bikwiye kuyigira imiyoboro yo kwamamaza no gukwirakwiza ibikorwa by’urukozasoni, ubusambanyi cyangwa amashusho amagambo y’imikoreshereze y’ibitsina, kugira ngo bagwize ababareba.”

Dr Murangira kandi yaboneyeho kugira inama abashukishwa amafaranga, bakemera kwishora mu bikorwa nk’ibi by’amashusho n’ibiganiro byabaviramo gukurikiranwa mu butabera.

Ati “Ibikorwa byo guha udufaranga abantu bikorwa na ba nyiri shene bakabategeka kuvuga cyangwa gukora ibiterasoni mu ruhame ntabwo bikwiye.”

Agira inama by’umwihariko urubyiruko gukoresha neza imbuga nkoranyambaga, bakazibyaza umusaruro kuko hari uburyo bwinshi bazikoresha neza bikabazanira amahirwe, ariko bakirinda ibikorwa nk’ibi binyuranyije n’amategeko.

Ati “Urubyiruko ruragirwa inama yo kubyaza umusaruro amahirwe ari mu gukoresha imbuga nkoranyambaga ariko bagendera mu nzira ziteganywa n’amategeko.”

Ibikorwa bigize ibyaha bikekwa kuri aba bantu batandatu, ni ibiganiro byatambutse ku miyoboro ya YouTube, irimo uwitwa Sawa Sawa Show, Umurava, Iryakabagari TV ndetse na Kigali Magazine.

RADIOTV10

Comments 9

  1. Chris says:
    2 years ago

    Uyu mwanzuro Rib yafashe ni sawa Wenda bakibuka ko ibyo bakora bigira ingaruk mbi kubabireba bakiri bato
    Bikaba byabatera gukurira mu murongo mubi bigira mu mashusho nkayo akomeje kunyanyagira kuri YouTube Kandi byamfasha nabandi bacuruza ibiganiro biteye isoni kubireka

    Reply
  2. Tumaini says:
    2 years ago

    Rwose ni byamaganwe ahari wenda twazagira ejo heza.
    Ark n’imyambarire y’urukoza soni yerekana ubwambure niyamaganwe.

    Turiya tujipo twerekana amagara n’ibindi……

    Reply
  3. Tumaini says:
    2 years ago

    Rwose byamaganwe cyane

    Reply
  4. Niyigena Rodrigue says:
    2 years ago

    N ibabyamaganirekurebicike

    Reply
  5. N Joseph says:
    2 years ago

    Ndabona aricyemezo cyiza cyane,alko kuki uwitwa Gasuku na Jacky badafatwa kandi bamaze igihe kinini bavugira kuri YouTube amagambo yurukozasoni ?

    Reply
  6. Onesphore says:
    2 years ago

    Babafunge rwose!
    It’s Shame on them kbc!

    Reply
  7. Augustin says:
    2 years ago

    Nuwiyita Jacky rwose bamute mumvuto kuko we aranatukana akavuga amagambo mabi

    Reply
  8. Mukarukundo Denyse says:
    2 years ago

    Bikwiye bakurikiranywe ariko harinabandi nabo bashyikirizwe RIB ikore akazi kayo kuko bararura abakiri bato

    Reply
  9. Majyambere Augustin says:
    2 years ago

    Kubantarikubonamo Jacky ntacyobakoze bariyabose arabasumbya aratukana bigayitse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Minisitiri w’Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Next Post

Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.