• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

radiotv10by radiotv10
07/07/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagizwe umwe mu Bayobozi Bakuru ba Komisiyo Nshya y’Ubwenge Bukorano AI (Artificial Intelligence) mu Muryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame azakora izi nshingano zo kuyobora iyi Komisiyo nshya muri Loni afatantije na Marc Benioff n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ikoranabuhanga cya Salesforce.

Izi nshingano bazihawe binyuze mu Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe Ikoranabuhanga ITU (International Telecommunication Union) ryanashyizeho iyi komisiyo nshya y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Ubwenge Bukorano (AI: Artificial Intelligence).

Iyi Komisiyo igamije gushimangira icyizere ku ikoranabuhanga ry’ubu bwenge, ndetse no kwagura amahirwe yo kubasha kubukoresha no kwihutisha uruhare rwabwo mu gushaka umuti wa bimwe mu bibazo byugarije isi mu nzego zirimo ubuzima, uburezi, imihindagurikire y’ibihe ndetse no mu kugabanya ubusumbane.

Iyi Komisiyo y’Ubwenge Buhangano ya UN, yatangajwe ku mugaragaro mu ntangiro z’uku kwezi i Genève, ubwo habaga inama y’Ihuriro ry’Ubwenge Bukorano bugamije kubyara umusaruro mwiza.

Perezida Kagame w’u Rwanda yatowe nk’uzaba akorana ku mwanya wa Perezida w’iyi Komisiyo n’uriya Munyamerika Marc Benioff usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Salesforce, uri mu bagishinze.

Inzobere mu Itumanaho n’itangazamakuru Dr Guy Karema usanzwe ari n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe itangazamakuru mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), yatangaje ko ishyirwaho rya Perezida Kagame nk’Umuyobozi w’iyi Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, rishimangira ubushake mu guha ijambo Ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere mu miyoborere y’Isi ku ikoranabuhanga ry’Ubwenge bukorano.

Yagize ati “U Rwanda, Igihugu kiri mu bya mbere muri Afurika gifite politiki y’Igihugu kuri AI cyatoye muri 2023 ndetse kikaba cyaranakiriye Inama ya Mbere Nyafurika kuri AI muri 2025, kikaka kinakomeje kuza ku isonga ku ruhando mpuzamahanga mu gukoresha ikoranabuhanga rigezweho.”

Iyi Komisiyo nshya, biteganyijwe ko izakora inama yayo ya mbere hagati ya tariki 07 n’iya 10 Nyakanga 2026 ikabera i Genève mu Busuwisi.

Iyi nama yitezweho gutangirwamo ibyifuzo by’ibizashyirwa mu bikorwa, izibanda ku bijyanye n’umutekano wa AI ndetse no ku kugabanya icyuho kiri hejuru cy’abasha gukoresha ikoranabunga, aho abarenga miliyari 2,2 batagerwaho na Interineti, ndetse izanibanda ku mikoranire mpuzamahanga.

Gutora Perezida Kagame kuri izi nshingano, bishimangira uruhare rukomeje guhabwa Umugabane wa Afurika ku hazaza h’ikoranabuhanga ry’Ubwenge Bukorano, ndetse n’uruhare rwabo mu kuzamura imibereho y’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Eng.-Rwanda and Israel pledge to strengthen cooperation, sign new cooperation agreement

Related Posts

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

Eng.-Rwanda and Israel pledge to strengthen cooperation, sign new cooperation agreement

by radiotv10
07/07/2026
0

The Governments of Rwanda and Israel have committed to strengthening their existing partnership, signing new cooperation agreements in the fields...

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

by radiotv10
07/07/2026
0

Umunyemari ufite imitungo myinshi irimo ibibanza birenga 100, n’imodoka zirenga 20 waregwaga kwigwizaho imitungo ayikuye mu ishyirahamwe yakoreraga mu Karere...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

by radiotv10
07/07/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Israel, ziyemeje gushimangira ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi, zinasinya amasezerano y’imikoranire mu by’uburezi. Ni bimwe...

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

by radiotv10
06/07/2026
0

Mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa umugabo washumitse inzu yari irimo ibifite agaciro...

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

by radiotv10
05/07/2026
0

Mu rwego rwo gusoza gahunda y’ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda byo gufasha abaturage mu iterambere byakozwe muri uyu mwaka...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Eng.-Rwanda and Israel pledge to strengthen cooperation, sign new cooperation agreement

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.