Mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa umugabo washumitse inzu yari irimo ibifite agaciro ka miliyoni 5 Frw, bikekwa ko yabitewe n’umujinya w’ideni afitiwe ry’ibihumbi 80 Frw.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku ya 05 Nyakanga muri kariya gace kubatsemo iyi nzu yari isanzwe ikorerwamo ibikorwa by’ububaji, akaba ari na ho uyu mugabo ukekwaho kuyitwika yakoraga.
Amakuru avuga ko yari afitiwe ideni ry’ibihumbi 80 Frw, ndetse ko ari na byo byaba byabaye intandaro yo gukora iki gikorwa kigayitse cyo gutwika iyi nzu.
Umwe mu baturage wari uri aha, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru ko uyu mugabo akimara gushumika iyi nzu, yabanje kugerageza gucika ariko bakaza kumukacira.
Uyu muturage yagize ati “Uyu mugabo ni uw’aha. Yakoraga muri iyi atelier [ahakorerwa ibikorwa by’ububaji] ariko bamwambura ibihumbi mirongo inani (80 000 Frw) bye yakoreye.”
Bamwe muri aba baturage kandi bavuga ko ibyakozwe n’uyu mugabo atabitewe n’isindwe nk’uko hari ababikekaka, ahubwo ko na we ashobora kuba hari uwamutumye gukora iki gikorwa.
Undi muturage ati “Uriya muntu ntabwo yasinze, ni muzima ahubwo hari abamutumye kandi agomba kubavuga.”
Abazi ibikoresho byari muri iyi nzu, bavuga ko byari bifite agaciro ka miliyoni 5 Frw, kuko harimo imashini zakoreshwaga mu bubaji, ndetse n’ibindi bikoresho, bikaba byahiriyemo.
Gusa ishami rya polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi ryatabaye, riza kuzimya iyi nkongi, mu gihe byinshi mu bikoresho byarimo byari byamaze gukongoka.
Ni mu gihe ukekwaho gutwika iyi nzu, yahise afatwa ubwo yageragezaga gutoroka, ndetse ashyirikizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri Sitasiyo ya Rwezamenyo kugira ngo hakorwe iperereza.

RADIOTV10





