• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yahaye umukoro abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kubatumiza

radiotv10by radiotv10
07/07/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye yahaye umukoro abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kubatumiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi akaba anakuriye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa, Évariste Ndayishimiye, yagiranye ibiganiro n’Ihuriro C64 ryiyemeje guharanira uburenganzira bw’Itegeko Nshinga muri DRC, batanakozwa umugambi wa Tshisekedi wo kurivugurura, abasaba kuyoboka inzira y’ibiganiro.

Ni ibiganiro byabereye i Bujumbura mu Burundi, ku butumire bwa Ndayishimiye waganiriye n’abagize iri Huriro rya C64 ririmo abayobozi mu madini akomeye n’abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bazwi muri Congo bitabiriye ibi biganiro, barimo Martin Fayulu wagiye anahatana na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu anyuranye.

Umuyobozi wari uyoboye iri Huriro C64, abajijwe ibyo baganirijwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri ibi biganiro, yavuze ko yibanze ku kubashishikariza kwemera ibiganiro.

Yagize ati “Icyo twasabye ni ukoherana, bakemera ibiganiro. Sitwe twazamuye ingingo y’ibiganiro; ni we wabivuze. Icyo twasabye ku byo yadusabye, ni ukoroherana.”

Ubwo yabazwaga icyo ubwo buryo bworoherane busobanura, cyane cyane niba bisobanura kwemera uburyo bwo kuganira burimo ibyifuzo bya Perezida Félix Tshisekedi, uyu munyapolitiki uri mu bagize iri Huriro yemeje ko Évariste Ndayishimiye, ashyigikiye ibiganiro, kandi ko yizeye ko igihe bizabaho, hazatangirwamo ibyifuzo byose bafite.

Yagize ati “Oya, ntabwo yagiye muri byinshi ku miterere y’ibiganiro, we icyo asaba ni uko abantu baganira, igihe haba hari ikibazo, uwo mwanya w’ibiganiro ukazaba uwo kugaragaza ibibazo byaba bihari, ibibazo byose bikemurirwa mu biganiro.”

Ibi biganiro byahuje Ndayishimiye n’abagize iri Huriro, byabaye habura iminsi micye ngo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Nyakanga 2026, iri Huriro rikore imyigaragambyo, ikaba yimuriye tariki 24 Nyakanga 2026.

Iyi myigaragambyo yagombaga kubera i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Congo, no mu bindi bice by’Igihugu, birimo no ku Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, ni imwe igamije kwamagana umugambi wa Tshisekedi wo gushindura Itegeko Nshinga ngo bizamucire inzira yo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ihuriro rivuga ko Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatumiye abayobozi baryo, kugira ngo baganire ku bibazo bya politiki n’iby’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ihuriro ry’ibihugu bigize C64, rigizwe na Martin Fayulu, Delly Sesanga, Moïse Katumbi, Jean-Marc Kabund, n’abandi bantu bakomeye, rivuga ko ryemeye ubu butumire mu buryo bw’inshingano.

Iri huriro kandi rivuga ko gahunda iyo ari yo yose ishobora kugira uruhare mu kubungabunga ituze mu Gihugu cyabo cya Congo, bayubaha bityo ko bemeye kwitabira ubu butumire bwa Ndayishimiye.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’igihe gito, Perezida Évariste Ndayishimiye agiriye uruzinduko rw’akazi i Kinshasa, aho yongeye gushimangira ko hakenewe umuti w’ibibazo by’umutekano byumwihariko biri mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Next Post

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

Related Posts

Mu buryo budasanzwe Abanya-Iran ibihumbi bagiye guherekeza Umuyobozi w’Ikirenga wabo umaze amezi atanu yishwe

Mu buryo budasanzwe Abanya-Iran ibihumbi bagiye guherekeza Umuyobozi w’Ikirenga wabo umaze amezi atanu yishwe

by radiotv10
06/07/2026
0

Ibihumbi by'abanya-Iran bambaye imyenda y'umukara, byuzuye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, kuri uyu wa Mbere mu muhango wo guherekeza mu cyubahiro...

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe akandi gace gakomeye kari karazengerejwe na FARDC

by radiotv10
06/07/2026
0

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ufatanyije n’Ihuriro AFC/M23, nyuma yo gufata agace ka Point Zero, bigaruriye akandi ko muri...

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Next Post
President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

Perezida Ndayishimiye yahaye umukoro abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kubatumiza

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.