• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, July 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe akandi gace gakomeye kari karazengerejwe na FARDC

radiotv10by radiotv10
06/07/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ufatanyije n’Ihuriro AFC/M23, nyuma yo gufata agace ka Point Zero, bigaruriye akandi ko muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, kari kari mu maboko ya FARDC n’abayifasha mu mirwano barimo umutwe wa FDLR.

Aka gace kafashwe ni ahazwi nko wa Mulima ko muri Kivu y’Epfo imaze iminsi yibasiwe cyane n’ibitero by’uruhande rurwanira Leta ya Congo Kinshasa.

Amakuru avuga ko aka gace kafashwe kuri iki Cyumweru tariki 05 Nyakanga 2026, nyuma yuko abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho bayobowe na Gen. Charles Sematama bafatanyije n’aba AFC/M23, bakubise incuro uruhande bahanganye.

Aka gace kafashwe nyuma yuko habanje gufatwa agace ka Point Zero, aho abafashe aka gace, bahise bakomereza kuri aka kazwi nko kwa Mulima, birangira na ko gafashwe.

Abatuye muri ibi bice, bemeza ko gufata aka gace ari ingenzi ku mirwanire ya MRDP-Twirwaneho kuko, ari ingenzi cyane yaba mu rugamba ndetse no mu bwikorezi.

Aka gace kafaswe, ni kamwe mu duce twari twagungiyemo abasirikare n’abarwanyi b’uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gukubitwa incuro bagakurwa Point Zero no mu bindi bice birimo za Minembwe, na Mikenke.

Nubwo MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 bafashe aka gace, amakuru avuga ko habanje kuba imirwano ikomeye, ariko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rubone runeshejwe, rukizwa n’amaguru.

Ubuyobozi bwa MRDP-Twirwaneho buvuga ko bwiyemeje gukura mu nzira ikintu cyose kigamije guhungabanya umudendezo w’Abanyamulenge batahwemye gukorerwa akarengane.

Mu itangazo uyu mutwe washyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 06 Nyakanga 2026, wavuze ko nyuma y’imyaka icyenda y’akababaro k’Abanyamulenge, ubu wiyemeje guhashya no guhangana n’abashaka guhunganya aba Banyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry'imiti ibiri ishobora...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe akandi gace gakomeye kari karazengerejwe na FARDC

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

Abakinnyi ba Cape-Verde bakiriwe nk’intwari bageze iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.