Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abahinga mu kibaya cya Mugogo cyo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze bamaze igihe bavuga ko ubuhinzi bwabo ari nk’urusimbi kuko imyaka yabo ihora irengerwa n’amazi, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buvuga ko hari icyizere ko hagiye kuboneka igisubizo kirambye.

Aba baturage bakunze kugaragariza RADIOTV10 ko iki kibazo cyagiye kubatera ibihombo, kuko amazi menshi yuzuraga muri iki Kibaya cya Mugogo, ntihagire uwirirwa ajya gusarura.

Umwe yagize ati “Turahinga tukagenda gutyo, ukajyamo amadeni, ugahinga byajya kugira ngo byere, amazi akaza bikarengerwa, ubwo amadeni akaba yose.”

Aba baturage bagereranayaga ubuhinzi bwabo n’urusimbi, kuko bashoraga amafaranga menshi, ariko yose akahatikirira, ahubwo bagasiga mu bibazo uruhuri kuko bahingaga ari uko bagujije.

Akomeza agira ati “Naba n’urusimbi ahari hari ubwo umuntu atomboye akunguka. Nk’ubu abenshi imirima yagendeyemo bari guca imigenda ariko na bwo ntibigire icyo bitanga.”

Undi ati “Ingaruka zihoraho kuko iyo wahinze nk’ibihingwa, amazi akaza kuzuramo urumva ibihingwa biruzura, watekereza rero nk’ikilo cy’ibirayi wahinze kubera abakozi baba barimo, ukagendera ku cyizere cy’uko baba bari gukora, ugahinga amazi akazi akuzura, ibyo wahinze byose nyine bikaba bipfuye ubusa.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice avuga ko iki kibazo cy’amazi amaze igihe yazengereje aba bahinzi, kigiye kubonerwa umuti urambye, kuko Leta y’u Rwanda yamaze gutanga ingengo y’imari yo kugitunganya mu buryo bugezweho.

Ati “Ikibazo turakizi ndetse hashyizwemo n’amafaranga kugira ngo icyo Kibaya cya Mugogo gitunganywe kugira ngo amazi atazongera kwangiriza abaturage; ni ukugira ngo rwose gitunganywe umusaruro umere neza n’amazi ntakomeza kwangiriza abaturage.”

Avuga ko ubuyobozi buri gukorana na Minisiteri y’Ingabo, kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti, kandi ko hari icyizere gihagije ko aya mazi atazongera kwangiza imyaka y’aba baturage.

Ikibaya cya Mugogo gifite ubuso bungana na hegitare 70, bwahoze butuweho n’abaturage mu myaka 30 ishize, nyuma baza kwimurwa n’imyuzure y’amazi yaturukaga mu misozi igikikije.

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Next Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.