Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abahinga mu kibaya cya Mugogo cyo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze bamaze igihe bavuga ko ubuhinzi bwabo ari nk’urusimbi kuko imyaka yabo ihora irengerwa n’amazi, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buvuga ko hari icyizere ko hagiye kuboneka igisubizo kirambye.

Aba baturage bakunze kugaragariza RADIOTV10 ko iki kibazo cyagiye kubatera ibihombo, kuko amazi menshi yuzuraga muri iki Kibaya cya Mugogo, ntihagire uwirirwa ajya gusarura.

Umwe yagize ati “Turahinga tukagenda gutyo, ukajyamo amadeni, ugahinga byajya kugira ngo byere, amazi akaza bikarengerwa, ubwo amadeni akaba yose.”

Aba baturage bagereranayaga ubuhinzi bwabo n’urusimbi, kuko bashoraga amafaranga menshi, ariko yose akahatikirira, ahubwo bagasiga mu bibazo uruhuri kuko bahingaga ari uko bagujije.

Akomeza agira ati “Naba n’urusimbi ahari hari ubwo umuntu atomboye akunguka. Nk’ubu abenshi imirima yagendeyemo bari guca imigenda ariko na bwo ntibigire icyo bitanga.”

Undi ati “Ingaruka zihoraho kuko iyo wahinze nk’ibihingwa, amazi akaza kuzuramo urumva ibihingwa biruzura, watekereza rero nk’ikilo cy’ibirayi wahinze kubera abakozi baba barimo, ukagendera ku cyizere cy’uko baba bari gukora, ugahinga amazi akazi akuzura, ibyo wahinze byose nyine bikaba bipfuye ubusa.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice avuga ko iki kibazo cy’amazi amaze igihe yazengereje aba bahinzi, kigiye kubonerwa umuti urambye, kuko Leta y’u Rwanda yamaze gutanga ingengo y’imari yo kugitunganya mu buryo bugezweho.

Ati “Ikibazo turakizi ndetse hashyizwemo n’amafaranga kugira ngo icyo Kibaya cya Mugogo gitunganywe kugira ngo amazi atazongera kwangiriza abaturage; ni ukugira ngo rwose gitunganywe umusaruro umere neza n’amazi ntakomeza kwangiriza abaturage.”

Avuga ko ubuyobozi buri gukorana na Minisiteri y’Ingabo, kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti, kandi ko hari icyizere gihagije ko aya mazi atazongera kwangiza imyaka y’aba baturage.

Ikibaya cya Mugogo gifite ubuso bungana na hegitare 70, bwahoze butuweho n’abaturage mu myaka 30 ishize, nyuma baza kwimurwa n’imyuzure y’amazi yaturukaga mu misozi igikikije.

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Next Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Related Posts

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

IZIHERUKA

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda
MU RWANDA

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.