Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kiributsa Abaturarwanda ko indwara y’amaso yandura cyane ikomeje kugaragara kuri bamwe, kikanibutsa abantu ibimenyetso byayo, ndetse n’icyo bakwiye gukora mu gihe hari ubigaragaje, n’uburyo abantu bayirinda.

Hamaze iminsi havugwa indwara y’amaso yandura mu buryo bwihuse, ituma amaso atukura, ndetse igatuma abayirwaye bagira amarira mu maso.

Ni indwara imaze iminsi igaragara ahantu hakunze kuba abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC.

Dr. Edson Rwagasore, Umuyobozi w’Ishami ryo kurwanya indwara z’ibyorezo muri RBC, avuga ko iyi ndwara iterwa n’agakoko kitwa Adenovirus.

Ati “Ni indwara yandura cyane. Bimwe mu bimenyetso bikunze kurangwa n’iyi ndwara, harimo kokera kw’ijisho, kubyimba kw’amaso, gutukura ku gice cy’umweru cy’ijisho, kugira ibihu mu maso ku buryo utabona neza,…”

Yavuze kandi ko abarwaye iyi ndwara y’amaso, ingohi zabo zifatana mu gihe cya mu gitondo ndetse bakanatinya urumuri.

Ati “Nubwo bwose iyi ndwara yandura cyane, hari uburyo bwo kuyirinda. Muri ubwo buryo, harimo gukaraba intoki ukoresheje amazi n’isabune, harimo kwirinda gusuhuzanya cyangwa guhoberana n’umuntu ufite uburwayi, harimo kudakoresha ibikoresho byakoreshejwe n’umuntu ufite uburwayi.”

Nanone kandi abantu barasabwa kwirinda kurara ku buriri bumwe n’umuntu ufite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Dr. Edson Rwagasore ati “Kutihutira kujya kwa muganga, bishobora kugira ingaruka ku maso. Mu gihe cyose waba ufite kimwe muri ibyo bimenyetso irinde kujya ahantu hateraniye abantu benshi kugira ngo utabanduza, nanone ihutire kujya kwa muganga kugira ngo ubona ubuvuzi bukwiriye.”

Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette; agendeye kuri ubu butumwa bwa RBC, yahise agenera ubutumwa ibigo by’amashuri n’ababyeyi.

Yagize ati “Twihutire kugeza kwa muganga umunyeshuri wagaragayeho ibi bimenyetso by’amaso yandura kandi tumurinde kujya ahateraniye abandi.”

Iyi ndwara kandi ikomeje kuvugwa mu Bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; nko mu Burundi no muri Uganda, aho ikomeje gufata abantu batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye
MU RWANDA

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.