Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ubw’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi, barahumuriza abaturiye Umugezi wa Sebeya ko batazongera kugirwaho ingaruka na wo mu gihe wakundaga gutera ibiza, byigeze no guhitana ubuzima bw’abaturage.

Umwaka ushize ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye, abatuye Mirenge ya Kanama, Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bahuye n’isanganya ryaturutse ku mazi y’umugezi wa Sebeya yuzuye akabasanga mu ngo zabo.

Abahanga bavuze ko ikiza nk’iki cyabaye umwaka ushize, cyaherukaga mu myaka isaga 75 ishize. Nyuma y’iki kiza cyahitanye abaturage bagera kuri 28 bo muri aka Karere ka Rubavu, Umuyobozi wako Mulindwa Prosper avuga ko ibyakozwe nk’ikidendezi gifite ubushobozi bwo gufata amazi agera kuri metero kibe 2,5M mu gihe abaye menshi aho kwirara mu ngo z’abaturage n’ibindi bitanga icyizere kiri hejuru. Yagize ati “Iyi damu ikumira ibiza ku kigero kiri hejuru ya 90%.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa kanama baturiye iki kidendezi na bo bavuga ko iki gikorwa cyakozwe ari nk’igitangaza nyuma y’igihe kinini bibasirwa n’imyuzure buri kwezi kwa 4 n’ukwa 5.

Umwe ati “Nk’ejobundi imvura iherutse kugwa, yaraje ikubita hano isubira iriya hano hose haba inyanja maze amatiyo ajyana amazi macye macye.”

Gusa bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo washegeshwe cyane n’ibiza bya Sebeya mu mwaka ushize wa 2023, bavuga ko nubwo kugeza ubu nta mazi yari yabasanga mu ngo zabo ariko bagifite impungenge, ndetse bakibaza impamvu badakurwa mu gihirahiro cy’aho bazatura.

Umwe ati “Impungenge n’ubundi tuzakomeza kugira n’ubundi n’uko bari gukora ibice tukaba dufite icyizere gicye ko amazi aramutse agarutse yanyura ha handi bari gusiga. Dufite n’ikibazo kuko n’iyi saha hari abakiri mu gasozi, hari abasa n’abari mu giti, turibaza ngo ese tuzubakirwa? Ese bazatwimura?”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda, Dr  Rukundo Emmanuel ahumuriza abaturage, kuko ibikorwa biri gukorwa n’ibiteganyijwe bitanga icyizere kandi mu gihe kirambye.

Yagize ati “Izi nkuta n’izi damu zagize umumaro munini cyane, kandi nyuma y’ibi bikorwa turi gukora turimo turanakora na R warning system, ni ukuvuga ngo ni sisiteme ishobora kuburira abaturage mu gihe cy’ibiza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bukomeza buvuga ko abaturage bari batuye muri metero 10 uvuye kuri uyu mugezi wa Sebeya bose bahakuwe ariko bukizeza n’abandi bawegereye badafite ubushobozi ko buzakomeza kubafasha kububakira uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo gutangira amazi yanakozwemo n’abaturage

Bafite icyizere ko Sebeya itazongera kubatera

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ihere ijisho uko abakinnyi b’Amavubi baserutse bagiye mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.