Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ubw’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi, barahumuriza abaturiye Umugezi wa Sebeya ko batazongera kugirwaho ingaruka na wo mu gihe wakundaga gutera ibiza, byigeze no guhitana ubuzima bw’abaturage.

Umwaka ushize ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye, abatuye Mirenge ya Kanama, Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bahuye n’isanganya ryaturutse ku mazi y’umugezi wa Sebeya yuzuye akabasanga mu ngo zabo.

Abahanga bavuze ko ikiza nk’iki cyabaye umwaka ushize, cyaherukaga mu myaka isaga 75 ishize. Nyuma y’iki kiza cyahitanye abaturage bagera kuri 28 bo muri aka Karere ka Rubavu, Umuyobozi wako Mulindwa Prosper avuga ko ibyakozwe nk’ikidendezi gifite ubushobozi bwo gufata amazi agera kuri metero kibe 2,5M mu gihe abaye menshi aho kwirara mu ngo z’abaturage n’ibindi bitanga icyizere kiri hejuru. Yagize ati “Iyi damu ikumira ibiza ku kigero kiri hejuru ya 90%.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa kanama baturiye iki kidendezi na bo bavuga ko iki gikorwa cyakozwe ari nk’igitangaza nyuma y’igihe kinini bibasirwa n’imyuzure buri kwezi kwa 4 n’ukwa 5.

Umwe ati “Nk’ejobundi imvura iherutse kugwa, yaraje ikubita hano isubira iriya hano hose haba inyanja maze amatiyo ajyana amazi macye macye.”

Gusa bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo washegeshwe cyane n’ibiza bya Sebeya mu mwaka ushize wa 2023, bavuga ko nubwo kugeza ubu nta mazi yari yabasanga mu ngo zabo ariko bagifite impungenge, ndetse bakibaza impamvu badakurwa mu gihirahiro cy’aho bazatura.

Umwe ati “Impungenge n’ubundi tuzakomeza kugira n’ubundi n’uko bari gukora ibice tukaba dufite icyizere gicye ko amazi aramutse agarutse yanyura ha handi bari gusiga. Dufite n’ikibazo kuko n’iyi saha hari abakiri mu gasozi, hari abasa n’abari mu giti, turibaza ngo ese tuzubakirwa? Ese bazatwimura?”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda, Dr  Rukundo Emmanuel ahumuriza abaturage, kuko ibikorwa biri gukorwa n’ibiteganyijwe bitanga icyizere kandi mu gihe kirambye.

Yagize ati “Izi nkuta n’izi damu zagize umumaro munini cyane, kandi nyuma y’ibi bikorwa turi gukora turimo turanakora na R warning system, ni ukuvuga ngo ni sisiteme ishobora kuburira abaturage mu gihe cy’ibiza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bukomeza buvuga ko abaturage bari batuye muri metero 10 uvuye kuri uyu mugezi wa Sebeya bose bahakuwe ariko bukizeza n’abandi bawegereye badafite ubushobozi ko buzakomeza kubafasha kububakira uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo gutangira amazi yanakozwemo n’abaturage

Bafite icyizere ko Sebeya itazongera kubatera

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Ihere ijisho uko abakinnyi b’Amavubi baserutse bagiye mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.