• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero bivugwa ko cyari kigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyahereye ku rugo rw’Umunyapolitiki Vital Kamerhe usanzwe ari Minisitiri w’Intebe Wungirije. Umugore we yavuze uko byari bimeze ubwo iki gitero cyabaga.

Ni igitero cyabaye mu gitondo cya kare kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, muri Komini ya Gombe i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Abagabye iki gitero bahereye ku rugo rwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu, Vital Kamerhe, ubundi bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Aha kwa Vital Kamerhe, bivugwa ko hapfiriye abantu batatu barimo babiri bo ku ruhande rw’abarwanyi bagabye iki gitero ndetse n’umupolisi umwe.

Umugore wa Vital Kamerhe, Hamida Chatur Kamerhe yavuze ko mu gitondo cya kare, bumvise urusaku rw’amasasu bakiryamye, ubwo abo barwanyi bari bamaze kwinjira mu rugo rwabo, ubundi binjira barasa urufaya rw’amasasu.

Yagize ati “Bishe babiri mu barinzi bacu, umwe mu bashinzwe umutekano wacu, na we yashoboye kwica umwe muri abo barwanyi, ariko bakomeje kurasa.”

Hamida Chatur avuga ko aba barwanyi babanje kohereza drone ifata amashusho kugira ngo bamenye uko umutekano w’urugo rwabo uhagaze.

Avuga kandi ko umugabo we Vital Kamerhe yahise ahamagara kuri telefone umwe mu bashinzwe kurinda umutekano we, akamubwira ko abo barwanyi ari we bashaka kwivugana, kuko binjiye babaza aho aherereye.

Ati “Nahise numva ko ibyacu birangiye, ndetse n’amasasu akomeza kuba menshi, ku buryo urugo rwacu rwari rwabaye isibaniro.”

Hamida Chatur avuga ko uku gukozanyaho hagati y’abashinzwe umutekano n’aba barwanyi, byamaze igihe kigera mu isaha, ariko ko we n’umugabo we aho bari mu nzu bonyine, bari bafite ubwoba bwinshi.

Hamida avuga ko bakijijwe n’Imana, kuko umugabo we ari we wari ugambiriwe kwivuganwa n’aba bari bitwaje intwaro. Ati “Urebye ntitwari dufite amahirwe yo kurokoka.”

Uyu mugore wa Vital Kamerhe avuga ko Imana yongeye kwimana umugabo we nyuma y’uko ngo ari yo yamufunguye ko yigeze kumara igihe afunze, ati “Nanone Imana yohereje ingabo zo mu Ijuru ngo ziturokore.”

Umugore wa Vital Kamerhe avuga ko kurasa mu rugo rwabo byahosheje saa kumi n’imwe mu gihe byari byatangiye saa kumi z’igitondo. Abarasaga bahise bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo bageraga kuri Perezidansi, igisirikare gishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu, cyahise cyohereza itsinda ry’abasirikare kugira ngo riburizemo aba barwanyi ndetse n’ibimodoka by’urugamba, ari na bwo habagaho gukozanyaho.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demikasi ya Congo, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko FARDC yabashije kwica abantu bane ku ruhande rw’abagabye iki gitero barimo Christian Malanga wari ukiyoboye, ndetse abandi barafatwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twenty =

Previous Post

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

Next Post

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.