• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko Mpuzamahanga Manabyaha ICC rushyizeho impapuro zo guta muri yombi abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko bidashoboka, kuko afite amaboko amuri inyuma, ati “uhagarikiwe n’ingwe aravoma.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Asad Ahmad Khan yavuze ko abo bayobozi bakuru ba Israel bagomba gufatwa bakaryozwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu bimaze amezi arindwi bikorerwa abaturage ba Palestine.

Karim Asad Ahmad Khan yagize ati “Urwego nyoboye rwemera ko aba bantu bafantanyije gushyira uburyo bushyira mu kaga imibereho y’abasivile batuye muri Gaza. Israel ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage bayo, turemera ko inafite uburenganzira bwose bwo kugarura imfungwa zafahswe bugwate, ariko inafite inshingano zo kubikora yubahiriza amategeko mpuzamahanga. Nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko, nta kintu na kimwe ku Isi gishobora gutuma umuntu afata icyemezo cyo gushyira mu kaga ubuzima bw’abana n’ababyeyi.”

Mu nyandiko isaba ko Benjamin Netanyahu atabwa muri yombi, uyu Mushinjacyaha wa ICC, yagaragaje ibikorwa bigize ibyaha uyu Minisitiri w’Intebe wa Israel agomba kuryozwa, kimwe n’abandi bayobozi b’umutwe wa Hamas, na bo bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi.

Nyuma y’uko hasohotse iyi nyandiko isaba ko Netanyahu afatwa, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yahise abyamaganira kure, by’umwihariko agaragaza ko atishimiye kuba Israel yagereranyijwe n’umutwe wa Hamas, ku buryo Netanyahu ashyirwa mu gatebo kamwe n’abayobozi b’uyu mutwe.

Joe Biden yagize ati “Twamaganye impapuro z’uru rukiko zisaba guta muri yombi abayobozi ba Israel. Icyo izi mpapuro zaba zishingiyeho cyose; nta kintu na kimwe gihuza Israel na Hamas. Israel ikora ibishoboka byose kugira ngo irinde abasivile. Reka mbabwize ukuri; ibivugwa n’uru Rukiko sibyo, ibiri kuba ntabwo ari Jenoside, urabyamaganye.”

Icyo umusesenguzi abivugaho

Umuhanga muri politike mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan ashingiye ku mateka y’uru Rukiko; avuga ko umwanzuro wa Karim Asad Ahmad Khan utazigera ushyirwa mu bikorwa.

Yagize ati “Biriya ni politike ntakundi. Hari Ibihugu byinshi biri inyuma ya Israel, hera kuri Joe Biden utishimiye icyemezo cyafashwe na ruriya rukiko, kwa kundi tyubyita mu Kinyarwanda ngo ‘uhagarariwe n’ingwe aravoma’. Iyo igihugu nka America kigushyigikiye; akenshi ntibikunze kugerwaho.”

Dr Buchanan avuga ko nubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel atazatabwa muri yombi kuko ashyigikiwe n’igihangange, ariko nanone izi mpapuro yashyiriweho, zishobora gutuma intambara yatangije muri Gaza, igenza amaguru macye.

Bwana Benjamin Netanyahu agiye ku rutonde rw’abantu uru Rukiko rushakisha, barimo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Vladimirovich Putin ushakishwa kuva muri Werurwe 2023.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na we yamaganiye kure iki cyemezo gisaba ko afatwa akagezwa imbere y’uru Rukiko, ndetse avuga ko kitazigera gihungabanya umugambi wa Guverinoma y’Igihugu cye wo gukemura burundu ikibazo cya Hamas.

Yagize ati “Israel iri mu ntambara y’ukuri. Hamas ni umutwe wakoze Jenoside. Bakoreye Abayahudi igikorwa cy’ubunyamaswa kuva Jenoside y’Abayahudi irangire. Hamas yishe Abayahudi 1 200, yafashe ku ngufu abagore, itwika impinja, ifata bunyago abandi barenga 100. Hejuru y’ibyo; bwana Khan aragereranya ubuyobozi bwa Israel na hamas, ni nko gufata Bush ukamugereranya na Osama Bin Laden.”

Yakomeje agira ati “Iki kirego kigamije kutubuza kwirwanaho. Ndabizeza ikintu kimwe, ibyo ntibizakunda. Mu myaka 80 ishize Israel yigeze kubaho idafite ubushobozi bwo guhangana n’abanzi bacu, icyo gihe cyararangiye. Uru rukiko nta bubasha rufite rwo kutuburanisha, ntiruzigera ruhungabanya umugambi wo kurimbura Hamas.”

Nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze igihe isaba Israel guhagarika iyi ntambara; ntibigeze bajya mu cyerekezo kimwe n’Ibihugu nk’u Bufaransa na n’u Bubiligi, bivuze ko bishyigikiye icyemezo cyo guta muri yombi Benjamin Netanyahu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

Next Post

Uwatoje ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy’ikindi Gihugu atoza

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Uwatoje ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy’ikindi Gihugu atoza

Uwatoje ikipe y'u Rwanda n'iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy'ikindi Gihugu atoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.