Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika
Share on FacebookShare on Twitter

Habimana Thomas usanzwe ari umuyobozi w’ikigo cy’ishuri cyo mu Karere ka Rubavu, na we yatanze kandidatire kugira ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, avuga ko politiki amaze kuyigiramo ubunaribonye ngo kuko kuyobora ishuri nabyo bisaba kuba umunyapolitiki.

Habimana Thomas yatanze kandidatire ye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri cy’Imyuga n’Ubumenyingiro cya Hope Technical Secondary School cyo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Habimana wifuza kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, avuga ko mbere yo kuba umuyobozi w’Ishuri, yakoze mu burezi mu gihe cy’imyaka icumi, none ubu akaba yifuza kuba yahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Avuga ko kimwe mu byamuteye inyota yo kumva yahatanira uyu mwanya, ari ukuba yarabyirutse abona iterambere rigenda rigerwaho n’Igihugu, akaba yumva yifuza na we gutanga umusanzu mu gukomeza kugiteza imbere.

Yakuze yiyumvamo politiki, ategereza ko ageza ku myaka 35 kugira ngo ahatanire kuba yaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Ati “Urugendo rwanjye rwa politiki ni ubuzima bwa buri munsi, kuko ntabwo wayobora ikigo cy’Ishuri utari umunyapolitiki, rero ubuzima bwanjye bwa buri munsi mbaho nk’umunyapolitiki ukunda igihugu cye kandi wifuza kubona Igihugu cye gikomeza gutera imbere.”

Abajijwe ishingiro ry’icyizere afite ko aramutse yemerewe kwiyamamaza yazatorwa, Habimana yavuze ko “kuba nshobora gutanga kandidatire umuntu wangize uwo ndiwe akiri mu bakandida uyu munsi, ni iby’agaciro rero kugira ngo nanjye mpamye ko imbaraga, ubushake; Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo kugira ngo Igihugu cyacu gitere imbere, uyu ni umwe mu misaruro.”

Habimana uvuga ko yabonye umwanya akwiye guhatanira ari uyu w’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko ari umwanya ufite icyo usobanuye gishobora kugirira benshi akamaro igihe yaramuka agiriwe icyizere, ariko ko naramuka atanakigiriwe, bitazamuca intege kuko akiri muto, ku buryo yazaniyamamaza mu bihe biri imbere.

Habimana wifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Next Post

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.