Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Igikorwa cyo kwakira ibyangombwa by’abifuza kuba abakandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite, cyasojwe. Hatangajwe imibare y’abatanze kandidatire kuri ibi byiciro byombi, yabayaye myinshi mu matora y’uyu mwaka ugereranyije n’ayabanje.

Kuva tariki 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yakiriye kandidatire z’abifuza guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite azaba muri Nyakanga.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa, avuga ko iki gikorwa cyasojwe hakiriwe abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida icyenda (9).

Ati “Abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, dufite ibiri; Umuryango RPF-Inkotanyi watanze umukandida, ndetse na Green Party, ndetse tukaba tunafite abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bigenga barindwi.”

Hon Oda Gasinzigwa avuga ko kandi hanakiriwe kandidatire z’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, na bo barimo abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, ndetse n’abashaka guhatana nk’abakandida bigenga.

Ati “Imitwe ya Politiki igera kuri itandatu yatanze urutonde rw’abo bifuza baramutse batsinze amatora, abo bifuza ko bajya mu Nteko Ishinga Amategeko. Twari dufite Umuryango RPF-Inkotanyi, Green Party, PSD, PDI, PS-Imberakuri na PL, abo bose bazanye intonde tuzasuzuma, noneho ibibura bakabitanga.”

Hari kandi ibyicirio byihariye, birimo icy’abagore, urubyiruko ndetse n’icy’abafite ubumuga. Ati “Aho ho twabonye benshi na ho, cyane cyane ku bagore aho dufite umubare utari muto ndetse no ku Badepite bigenga. Twumva rero ko uyu mwaka hari umubare munini wagaragaye w’abazanye ibyo amategeko ateganya, tukazagira igihe cyo kubisuzuma.”

 

Icyo abatanze kandidatire basabwa

Hon. Gasinzigwa avuga ko nyuma yo kwakira kandidatire hagiye gukurikiraho igikorwa cyo kuzisuzuma, ubundi tariki 06 Kamena 2024 hakazatangazwa urutonde rw’agateganyo rw’izemewe.

Nanone kuva tariki 06 kugeza ku ya 14 Kamena 2024, abazaba bafite ibyo batujuje bazaba bafite umwanya wo kubishyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ubundi kuri iyo tariki ya 14 Kamena, hasohoke urutonde ntakuka rwa kandidatire zemewe.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, asaba abatanze ibyangombwa bisaba kuba Abakandida, kubahiriza amategeko agenga amatora, bakirinda kugira ibikorwa bakora mu gihe bitagenewe.

Ati “Abifuza kuba Abakandida, kuko twabahaye amategeko, amabwiriza; icya mbere turagira ngo tubabwire ko igikorwa cyo kwiyamamaza kitaratangira, kizatangira tariki 26 Kamenda kugeza tariki 13 Nyakanga. Bafite umwanya munini rero wo kuziyamamaza, byaba byiza rero batishe amategeko, kuko bishe amategeko byabagiraho ingaruka.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Gasinzigwa avuga ko abazica amategeko agenga amatora, bashobora kuzakurwa no ku ntonde za Kandidatire zizemezwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy’urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Next Post

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.