Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, wifuza kugaruka muri White House, yahamijwe ibyaha 34 bishingiye ku guha amafaranga umugore uvuga ko baryamanye kugira ngo amucecekeshe. Haba hagiye gukurikiraho iki?

Ni urubanza rwari rumaze iminsi ruvugwa cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga ryiganjemo iryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, gusa Donald Trump n’abanyamategeko be bakaba barakunze gutera utwatsi ibyaha bishinjwa uyu munyapolitiki wo mu ishyaka ry’Aba-Republican.

Amateka yiyanditse muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma y’uko Urukiko ruhamije Donald Trump ibyaha 34, mu cyemezo cyasomwe n’Umucamanza mu ijwi ryumvikanagamo uburakari.

Icyemezo cy’igihano agomba guhanishwa nyuma yo guhamywa ibi byaha, kizasomwa tariki 11 Nyakanga 2024, birimo igihano cyo gufungwa cyangwa igisubitse ndetse n’icyo gutanga ihazabu.

Trump waburanye ahakana ibyaha ashinjwa ndetse ari hanze, yiteguye kujurira iki cyemezo, we yakunze kuvuga ko ibi birego bishingiye kuri politiki bigamije gukoma mu nkokora umugambi we wo kugaruka kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Donald Trump utanyuzwe n’icyemezo yafatiwe, yavuze ko urubanza nyirizina ruzacibwa n’Abanyamerika tariki 05 Ugushyingo ubwo bazatora ugomba kubayora, we akaba yifitiye icyizere cyo kongera gutorwa.

 

Biraganisha he?

Nyuma y’iki cyemezo, hahise hakurikiraho kwibaza niba Donald Trump yemerewe gukomeza umugambi we wo kwitoza kugaruka muri White House, ariko igisubizo ni uko Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za America ridakumira uwahamijwe ibyaha kuba yakwiyamamariza kuyobora iki Gihugu.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe isesengura ry’amateka y’Abakuru b’Ibihugu muri Kaminuza ya Southern Methodist University, Jeffrey Engel yagize ati “Dukunze gusuzuma mu mateka kugira ngo turebe agashya kaba kagiye kubaho, ariko nta kintu na kimwe kiri kugaragara ko kigiye kubaho muri iki gihe cya vuba.”

Mu ntangiro z’uyu mwaka, Trump yizeje Aba-Repubulican ko uko byagenda kose azatsinda amatora kabone nubwo yahamywa ibi byaha, nubwo atabyemera.

Isesenguramakuru ku matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryagaragaje ko Perezida Joe Biden wifuza indi manda, afite amahirwe macye yo kuzatsinda Trump, gusa nanone rikaba ryari ryagaragaje ko Trump aramutse ahamijwe ibi byaha yari akurikiranyweho bishobora kuzagira icyo bihindura ku mahirwe yari afite.

Isesengura ryakozwe n’ikinyamakuru ABC News, ryagaragaje ko 16% y’abashyigikiye Trump, bashobora kuzisubira mu kumushyigikira mu gihe yaramuka ahamijwe ibi byaha.

Trump we akomeje kuvuga ko ntakizamubuza gutsinda amatora, akagaruka muri White House. Ubwo yasohokaga mu cyumba cy’Urukiko amaze guhamywa ibi byaha, yagize ati “Icyemezo cya nyacyo kizafatwa tariki 05 Ugushyingo n’abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

Next Post

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.