Friday, August 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yavuze ko imvugo yo mu cyongereza igira iti “Behind every successful man, there is a woman” ikwiye gukosorwa, aho kuvuga ‘behind/inyuma’ ahubwo hakagaragazwa ko icyo umugabo n’umugore bagezego, baba bari kumwe aho kuba umwe yaba inyuma y’undi.

Perezida w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille yabitangaje mu kiganiro ‘Ijabo’ cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda cyagarukaga ku ruhare rw’abagore mu nzego zifata ibyemezo.

Hon. Mukabalisa avuga ko imvugo ‘Behind every successful man, there is a woman’ na yo idatomora ngo ishimangire ihame ry’uburinganire bw’umugore n’umugabo, we yise (Gender blindness).

Ati “Kubera iki behind (inyuma)? Navuga ngo iruhande, aho kuba inyuma. Yaba umugabo yaba umugore. Umugabo uri successful (wageze ku ntego) ni uko aba ari kumwe n’umugore umufasha muri izo nshingano. Umugore uri successful ni uko aba ari kumwe n’umugabo umufasha muri izo nshingano.”

Hon. Donatille Mukabalisa avuga ko umugabo n’umugore bumvikanye, bituma bombi buzuza neza inshingano zabo, zaba ari iz’urugo ndetse n’izindi baba bafite zirimo n’izo gukorera Igihugu.

Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, Perezida Paul Kagame wayoboye uyu muhango, yagarutse ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko bagize uruhare rukomeye.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku nshingano nyinshi z’abagore, yavuze ko uretse kuba babyara umuntu, bakamurera, banafasha abagabo kwitwara neza mu byo bakora.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Barera n’abagabo. Abagabo ubwo mutureba aha turirarira ariko udafite umugore umufasha ngo amwubake, biba ingorane. Ni na yo mpamvu umugore yitwa ko ari inkingi y’urugo.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, by’umwihariko mu guha umwanya abari n’abategarugori kugira ngo batange umusanzu mu kubaka Igihugu cyabo, aho mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, umubare w’abategarugori ari 61,3%, akaba ari na rwo rwa mbere ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − three =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d’Ivoire?

Next Post

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Related Posts

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs, Olivier Nduhungirehe, has urged the international community and African partners to act with urgency in...

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

by radiotv10
21/08/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kiva kuri 6,50% gishyirwa kuri 6,75% mu rwego rwo...

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabonanye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Murimo, Ahunna Eziakonwa,...

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero...

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) announced that vehicle owners who already hold a valid Automobile Inspection Certificate (Contrôle technique)...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.