• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yavuze ko imvugo yo mu cyongereza igira iti “Behind every successful man, there is a woman” ikwiye gukosorwa, aho kuvuga ‘behind/inyuma’ ahubwo hakagaragazwa ko icyo umugabo n’umugore bagezego, baba bari kumwe aho kuba umwe yaba inyuma y’undi.

Perezida w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille yabitangaje mu kiganiro ‘Ijabo’ cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda cyagarukaga ku ruhare rw’abagore mu nzego zifata ibyemezo.

Hon. Mukabalisa avuga ko imvugo ‘Behind every successful man, there is a woman’ na yo idatomora ngo ishimangire ihame ry’uburinganire bw’umugore n’umugabo, we yise (Gender blindness).

Ati “Kubera iki behind (inyuma)? Navuga ngo iruhande, aho kuba inyuma. Yaba umugabo yaba umugore. Umugabo uri successful (wageze ku ntego) ni uko aba ari kumwe n’umugore umufasha muri izo nshingano. Umugore uri successful ni uko aba ari kumwe n’umugabo umufasha muri izo nshingano.”

Hon. Donatille Mukabalisa avuga ko umugabo n’umugore bumvikanye, bituma bombi buzuza neza inshingano zabo, zaba ari iz’urugo ndetse n’izindi baba bafite zirimo n’izo gukorera Igihugu.

Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, Perezida Paul Kagame wayoboye uyu muhango, yagarutse ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko bagize uruhare rukomeye.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku nshingano nyinshi z’abagore, yavuze ko uretse kuba babyara umuntu, bakamurera, banafasha abagabo kwitwara neza mu byo bakora.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Barera n’abagabo. Abagabo ubwo mutureba aha turirarira ariko udafite umugore umufasha ngo amwubake, biba ingorane. Ni na yo mpamvu umugore yitwa ko ari inkingi y’urugo.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, by’umwihariko mu guha umwanya abari n’abategarugori kugira ngo batange umusanzu mu kubaka Igihugu cyabo, aho mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, umubare w’abategarugori ari 61,3%, akaba ari na rwo rwa mbere ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d’Ivoire?

Next Post

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.