Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, bishimira ko batagisangira n’inka amazi y’ikiyaga cya Rwakibare ariko bagasaba ko babona amazi meza kuko n’ubundi bakiyakoresha kandi ari mabi.

Aba baturage baturiye iki kiyaga cya Rwakibare mu Kagari k’Isangano mu Murenge wa Ndego, bavuga ko abifite ari bo bashobora kubona amazi meza yo kunywa, kuko ijerekani imwe igura 500 Frw, bagura n’aba bagiye kuyazana ku magare na bo bakora urugendo rw’amasaha abiri.

Aba baturage bavuga ko iki kiyaga cyahose gishorwamo amatungo, ariko ubu zitakihashoka, ku buryo ari bo basigaye bakivomamo amazi, ariko n’ubundi bakavuga ko aya mazi atari ayo kunywa no gukoresha.

Umwe muri aba baturage bavuga ingaruka bagirwaho n’aya mazi, yagize ati “Ingaruka atugiraho ni inzoka, hari na amibe na mikorobe nyinshi ziba zibereyemo.”

Ni mu gihe nyamara mu myaka itatu ishize aba baturage ngo bagejejweho amazi meza ariko bakavuga ko atamaze kabiri. Umwe ati “Robine zaraje zihita zipfa zitamaze n’ukwezi.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kayonza ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Munganyinka Hope; avuga ko ikibazo cy’amazi muri aka gace bukizi ndetse, akizeza abaturage ko bitarenze umwaka utaha kizaba cyakemutse.

Avuga ko aba baturage bari begerejwe uburyo bwo kubona amazi meza, ariko butamaze kabiri, akagira icyo abasaba igihe bazaba bongeye kugezwaho ibyo bikorwa.

Ati “Icyo dusaba abaturage, niba ibintu bibakorewe nibabibungabunge kuko ntabwo bashoboye kuyikoresha neza ariko ikibazo turakizi turimo turashaka uburyo twabashyiriraho indi borehole.”

Gahunda ya Guverinoma yu Rwanda yo kwihutisha iterambere mu myaka irindwi (NST1), iteganya ko bitarenze uyu mwaka wa 2024 abaturage b’u Rwanda bakabaye bagerwaho n’amazi meza ku kigero cya 100%, mu gihe aka karere ka Kayonza kagaragaza ko kari kuri 84,4%.

N’ubundi kugera kuri aya mazi bibasaba gukora urugendo rurerure

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Umu-Dj uzwi cyane mu Rwanda atanze ubutumwa bukomeje nyuma yo kwakira Yesu nk’Umwami n’umukiza

Next Post

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.