Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, bishimira ko batagisangira n’inka amazi y’ikiyaga cya Rwakibare ariko bagasaba ko babona amazi meza kuko n’ubundi bakiyakoresha kandi ari mabi.

Aba baturage baturiye iki kiyaga cya Rwakibare mu Kagari k’Isangano mu Murenge wa Ndego, bavuga ko abifite ari bo bashobora kubona amazi meza yo kunywa, kuko ijerekani imwe igura 500 Frw, bagura n’aba bagiye kuyazana ku magare na bo bakora urugendo rw’amasaha abiri.

Aba baturage bavuga ko iki kiyaga cyahose gishorwamo amatungo, ariko ubu zitakihashoka, ku buryo ari bo basigaye bakivomamo amazi, ariko n’ubundi bakavuga ko aya mazi atari ayo kunywa no gukoresha.

Umwe muri aba baturage bavuga ingaruka bagirwaho n’aya mazi, yagize ati “Ingaruka atugiraho ni inzoka, hari na amibe na mikorobe nyinshi ziba zibereyemo.”

Ni mu gihe nyamara mu myaka itatu ishize aba baturage ngo bagejejweho amazi meza ariko bakavuga ko atamaze kabiri. Umwe ati “Robine zaraje zihita zipfa zitamaze n’ukwezi.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kayonza ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Munganyinka Hope; avuga ko ikibazo cy’amazi muri aka gace bukizi ndetse, akizeza abaturage ko bitarenze umwaka utaha kizaba cyakemutse.

Avuga ko aba baturage bari begerejwe uburyo bwo kubona amazi meza, ariko butamaze kabiri, akagira icyo abasaba igihe bazaba bongeye kugezwaho ibyo bikorwa.

Ati “Icyo dusaba abaturage, niba ibintu bibakorewe nibabibungabunge kuko ntabwo bashoboye kuyikoresha neza ariko ikibazo turakizi turimo turashaka uburyo twabashyiriraho indi borehole.”

Gahunda ya Guverinoma yu Rwanda yo kwihutisha iterambere mu myaka irindwi (NST1), iteganya ko bitarenze uyu mwaka wa 2024 abaturage b’u Rwanda bakabaye bagerwaho n’amazi meza ku kigero cya 100%, mu gihe aka karere ka Kayonza kagaragaza ko kari kuri 84,4%.

N’ubundi kugera kuri aya mazi bibasaba gukora urugendo rurerure

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

Umu-Dj uzwi cyane mu Rwanda atanze ubutumwa bukomeje nyuma yo kwakira Yesu nk’Umwami n’umukiza

Next Post

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.