• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in MU RWANDA
0
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Nshimiyimana Octave wari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, yavuze ko kwandikira bagenzi be abasaba guhagarika izi nshingano ze, yabitewe n’indi mirimo mishya yahawe.

Ni nyuma y’uko Nshimiyimana Octave yandikiye Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, ayimenyesha ko ahagaritse inshingano nk’Umujyanama ndetse no kuyiyobora.

Nyuma y’iyi baruwa, Nshimiyimana yabwiye Ikinyamakuru Umuseke ko, atanditse yegura nk’imvugo isanzwe ikoreshwa, ahubwo ko yahagaritse inshingano yari afite zo kuyobora Njyanama y’Akarere ka Muhanga.

Yagize ati “Ntabwo nanditse negura. Nasabye guhagarika inshingano zo kuba Umujyanama no kuba umuyobozi w’Inama Njyanama kuko izo nagiyemo zitabangikanywa.”

Uyu wayoboraga Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, yavuze ko agiye kuba ari hanze y’u Rwanda, bityo ko atabasha gukomeza kuba Perezida wa Njyanama kandi atari mu Gihugu imbere.

Uku guhagarika inshingano k’uwari Perezida wa Njyanama ya Muhanga, kandi kwanemejwe nyuma y’uko hakiriwe ibaruwa ye, hakaba hahise haterana Inama ya Njyanama kugira ngo isuzume iki cyifuzo.

Perezida Wungirije wa Njyanama ya Muhanga, Nshimiyimana Gilbert ari na we wahawe inshingano zo kuba Perezida w’agateganyo, yagize ati “Twateranye twandika tumwemerera guhagarika inshingano.”

Nshimiyimana Octave yari amaze imyaka itatu ari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, dore ko yari yatorewe izi nshingano muri 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + seven =

Previous Post

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Next Post

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by'ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.