• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yahise itangaza impinduka ku bayobozi bashya yashyizeho

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wasohoye itangazo rivuguruye ry’abayobozi bashya washyizeho bayihagarariye mu mahanga, aho umwe yahise ahinduka nk’uko bigaragazwa n’itangazo rivuguruye.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, ubuyobozi bwa M23 bwashyize hanze itangazo rishyiraho abayobozi bahagarariye uyu mutwe mu mahanga, aho Umuhuzabikorwa mukuru wabo ari Manzi Ngarambe Willy.

Iri tangazo ryari ryasohowe ku wa Mbere, ryagagaragaza kandi ko uyu Muhuzabikorwa azaba yungirijwe n’abandi babiri, ari bo Muheto Jackson ndetse na Muhire John.

Kuri uyu wa Kabiri, ubuyobozi bwa M23 bwashyize hanze irindi tangazo rivuga impinduka zabayeho kuri aba bayobozi bari batangajwe, aho mu bahuzabikorwa Bungirije, habayemo impinduka kuri Muhire John, aho yabaye Shamamba Kilo John.

Mu butumwa buherekeje iri tangazo rivuguruye bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka yagize ati “Icyemezo N° 037/PRES-M23 /2024 cyo ku wa 11 Kamena 2024 kigaragaza impinduka ku cyemezo N° 036/PRES-M23 /2024 cyo ku ya 10 Kamena 2024, kirebana n’ishyirwaho ry’Umuhuzabikorwa n’Abahuzabikorwa Bungiriye bahagarariye M23 mu mahanga.”

Itangazo rishyiraho aba bahuzabikorwa bahagarariye Umutwe wa M23, rivuga ko ishyirwaho ryabo, rigamije guca abiyitiriraga ko bahagarariye uyu mutwe.

Umugaba Mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga aherutse gutangaza ko bamwe mu bafasha uyu mutwe, barimo n’Abanyekongo bo mu mahanga, bawushyigikiye kandi bifuza ko ugera ku ntego zawo zo guca akarengane kakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ministry of Education, Umwalimu SACCO and Mobile Money Rwanda Partner to Launch ‘DusangireLunch’  Campaign

Next Post

Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.