Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumva mu Karere ka Rubavu, abaturage babyutse basanga umurambo w’umusore mu muhanda, ugeretseho igare, bakavuga ko ashobora kuba yishwe.

Uyu murambo wagaragaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024 mu Mudugudu wa Bunyago, Akagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko uyu musore asanzwe akora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku igare, ariko bakaba basanzwe bamukekaho ubujura, ndetse bakavuga ko ashobora kuba yishwe n’abo babukoranaga kubera ibyo bashobora kuba batumvikanyeho.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ubwo abaturage bari bagiye mu mirimo yabo, bakawubona, bagahita bamenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin yabwiye RADIOTV10 ubwo amakuru yari amaze kugera ku buyobozi, bwihutiye kuhagera ndetse bukamenyesha inzego z’umutekano n’iz’iperereza.

Avuga ko nyuma yo kuhagera, inzego zabashije kumenya ko uyu musore witabye Imana, yitwa Nshimiyimana Jackson bakundaga kwita Mapiki.

Ati “Nyuma y’uko tuhageze, twaganiriye n’abaturage, tugira ibyo tubasaba, tunabahumuriza, tubasaba ko buri wese yagira uruhare mu gucunga umutekano, cyane cyane batanga amakuru ku nzego z’ubuyobozi kugira ngo dufatanye gushakisha abagizi ba nabi baba bagize uruhare mu rupfu rw’uyu.”

Yavuze ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruhita rutangira gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwa nyakwigendera.

Gitifu avuga ko nubwo abaturage bavuga ko aha hantu hasanzwe hateye ubwoba, atari byo kuko uyu musore ari we wa mbere wahiciwe.

Ati “Hashobora kuba wenda ari ikibazo cy’umutekano mucye kubera ko igihe bwije cyane urabona ntabwo hamurikiwe.”

Gusa amara impungenge aba baturage bagirira ubwoba aha hantu, akavuga ko uyu muhanda ugiye gushyirwaho amatara, ku buryo bizanorohera abacunga umutekano ndetse n’abawukoresha bakazajya bajyenda batikandagira.

Abatuye muri aka gace bavuga ko aha habonetse umurambo wa nyakwigendera hasanzwe hateye ubwoba

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 3 =

Previous Post

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Next Post

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.