• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yemeje umutoza mushya wayo, w’Umunya-Serbia watoje amakipe y’ibigwi arimo US Monastir yo muri Tunisia ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Libya.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yemeje ko Darko Nović yageze mu Rwanda mu rukerera rwa none, aho yari aje gusinyira iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ubuyobozi bwa APR FC, na bwo bwemeje ko uyu mutoza yamaze kuba uwayo, mu butumwa bwanyujije ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe, bumuha ikaze, ndetse bunagaragaza ko yamaze gushyira umukono ku masezerano nk’uko bigaragazwa n’amafoto yashyizwe hanze.

Darko Nović uje gusimbura Umufaransa Thierry Froger wahesheje APR FC igikombe cya Shampiyona ya 2023-2024, yasinye amasezerano y’imyaka itatu, azageza muri 2027.

Uyu Mutoza w’Umunya-Serbia, yanyuze mu makipe akomeye, ndetse yanatoje ikipe y’Igihugu ya Libya ndetse na US Monastir yo muri Tunisia ari na yo aheruka gutoza, akaba ari na we watozaga iyi kipe ubwo yasezereraga APR muri CAF Confederation Cup y’umwaka ushize wa 2022-2023

Ni mu gihe kandi iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, izongera no guhagararira Igihugu mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League, ikomeje gukora impinduka mu bakinnyi, aho nyuma yo gusezerera abarimo Omborenga Fitina wari uyimazemo igihe, yanatangaje abandi bakinnyi bashya bayinjiyemo.

Yashyize umukono ku masezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)

Next Post

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.