Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ndahinduka- Perezida Kagame yashimangiye ko icyatumye abaturage bamugirira icyizere kigihari

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo ndahinduka- Perezida Kagame yashimangiye ko icyatumye abaturage bamugirira icyizere kigihari
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, yabwiye abaturage ko icyizere batahwemye kumugirira, na we akikibafitiye, kandi ko icyatumye bubaka iki cyizere cya magirirane, kigihari.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kamena 2024, ku munsi wa kane w’ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Nyarugenge ahari hateraniye abaturage barenga ibihumbi 300 baturutse mu Turere tw’Umujyi wa Kigali n’utuwegereye nka Kamonyi.

Saa tanu na cumi n’ine (11:14’), Perezida Paul Kagame yari ageze ahari hateraniye abaturage ibihumbi n’ibihumbi bari baje kumwakira, bamugaragariza ibyishimo baramukanye ubwo bajyaga kumwitegura, abanza kubaramutsa, na bo bamugaragariza urugwiro rudasanzwe.

Habanje gutambuka ubuhamya bwa bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, barimo abanyamakuru Isheja Sandine Butera na Nzeyimana Luqman; babaye muri aka Karere ka Nyarugenge, babonye urugendo rw’iterambere ryako.

Perezida Paul Kagame yashimiye imitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya n’Umuryango FPR-Inkotanyi, avuga ko ubufatanye bwagiye buranga Abanyarwanda ari bwo butumye Igihugu cyabo kigera ku bishimishije kigezeho ubu.

Yagarutse ku rugero rw’Inyamaswa Intare, aho hari uwigeze kwifuza kugira indwanyi z’intare ziyobowe n’Intama.

Ati “Baragereranyaga, aravuga ngo aho kumpa ingabo z’intama ziyobowe n’intare, wampa intare ziyobowe n’intama. Murumva icyo bivuze? Ariko twe twarabirenze, FPR n’Abanyarwanda twagize Ingabo z’Intare ziyobowe n’Intare.”

Yavuze ko izo ngabo z’Intare ziyobowe n’Intare, ni na zo zijya ku rugamba. Ati “Kurwana nk’intare rero nta nubwo uba ukeneye cyane ukuyobora w’intama, kandi iyo uri intare ukagira ingabo z’intama, nta rugamba watsinda. Rero ibyo twabyumvise kare twebwe.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bose bumvise kare iri somo, kuko ari byo byabafashije kwikura mu kaga gakomeye k’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yasize Igihugu ari umuyonga, none ubu kikaba ari intangarugero ku ruhando rw’Isi yose.

Muri iyi myaka 30 kandi uretse kurwana urugamba rwo kongera kubaka Igihugu, Abanyarwanda bagiye banahura n’ibindi bizazane birimo kuba amahanga yatereranye u Rwanda, yaragiye anaruterenira.

Ati “Ariko uzi gutereranwa warangiza ugateranirwaho n’amahanga? Ubundi ntabwo uru Rwanda rwari rukwiye kuba ruriho, bitewe n’uko rwatereranywe ariko binatewe n’uko rwateraniwe. Iteka induru igahora ari induru ku Rwanda, ariko Abanyarwanda buriya bumwe dusubiramo, kujya hamwe, ni imbaraga, kugira intego ni imbaraga, gukora ibyiza bikureba wumva ari byo ushaka, ni imbaraga.”

Chairman wa FPR-Inkotanyi ubwo yaramutsaga abaturage

Ntimwahindutse nanjye sinahindutse

Perezida Kagame yavuze ko nubwo ari Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi wifuza amajwi, ariko kuba yaje ntacyo abasaba, ahubwo afite ibyo abashimira.

Ati “Twarabanye, twanyuze muri byinshi hamwe, kugeza kuri uyu munsi. Icyizere rero kiri hagati yanyu na FPR n’abandi bafatanyije na yo bifuza ko iki Gihugu cyahora cyubaka amateka mashya y’igihe tugezemo y’ibyo twifuza, ibyo byose birivugira.”

Yavuze ko nubwo hari byinshi u Rwanda rwishimira rwagezeho, ariko hari n’urugendo rurerure rw’ibyo Abanyarwanda bifuza kugeraho mu bihe biri imbere.

Yavuze ko impamvu ibyiza bigerwaho bigaragara byihuse, ari uko u Rwanda rwavuye ahantu habi cyane. Ati “Bigaragara gutyo cyane guhera aho tuvuye, aho tuvuye ntabwo hari ahantu heza, ibyo byiza rero iyo bibonetse ahantu bitegeze, ntabwo bisa nk’aho ari ibyiza mu bindi byari bisanzwe. Inzira rero dusigaje mu byo twubaka, ni ukugera ku byiza bindi bisanga ibyiza dufite twari tumaze kugira akamenyero.”

Yavuze ko ubwo Abanyarwanda bazaba bagiye muri aya matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, bazazirikana ibi byose. Ati “Nkuko rero mutahindutse mukiri ba bandi, muri za ngabo z’intare, ntabwo ndahinduka nanjye.”

Yagarutse kandi ku ruhare rw’urubyiruko, arusaba na rwo gukomeza kugira uruhare mu nzira iganisha Abanyarwanda aho bifuza kugera, mu nzego zose z’ubuzima bw’Igihugu.

Perezida Kagame wakunze kwifashisha urugero rw’Intare, yavuze ko hari impamvu yakoresheje uru rugero rw’iyi nyamaswa isanzwe ari Umwami w’Ishyamba, avuga ko yashakaga no kongera kugaragaza agaciro abari n’abategarugori bafite mu Rwanda.

Ati “Ariko burya muzi ko mu ntare, intare y’ingore ari yo ihiga, ariko n’ubundi mu muco usanzwe hano n’uburyo dusanganywe, abagore ni bo bagira urugo. Urugo rugirwa na babiri, ariko kurugira mvuga, bakora byinshi mu rugo, urugo rutagira umugore rutarimo umugore muzima, runayumbayumba [rugira ibibazo].”

Nanone ariko abantu bose bagomba kuba magirirane kuko n’abagabo bagomba kugira imyitwarire myiza, ubundi bagafatanya mu rugendo rw’ibyo bifuza kugeza ku rugo rwabo.

 

Impinduka y’amateka

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wagarutse ku mateka ashaririye Abanyarwanda banyuzemo, yavuze ko kuyahagarika bitari gushoboka iyo hatabaho Umuryango FPR.

Ati “Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka, tugiramo FPR. FPR ni yo. Twubakire ku byo tugezeho dukomeze ibindi, hanyuma ibindi bizajya biza bihite.”

Yavuze ko abenshi mu bavuga nabi u Rwanda batanaruzi, atanga urugero rw’uwigeze kumubaza ngo “ariko wowe uri iki?” Ngo “Uri Tutu cyangwa uri Hutsi.” Ati “Ntazi n’ibyo ari byo, ndamubwira nti ‘njyewe mu Rwanda ndi ibyo byose n’ibindi utavuze ndamubwira nti ‘ibyo byose’ bikubiye mu kuba Umunyarwanda, njye ndi Umunyarwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije abaturage niba tariki 15 Nyakanga, bari kumwe, basubiriza rimwe bati “Ni wowe ni wowe”, ati “Mwabintumiyemo rero, ntabwo muzabinsigamo, tuzaba turi kumwe, ntabwo muzantererana. Ni intare ziyobowe n’Intare.

Abanyamuryango ba FPR bishimiye kuganira n’Umukandida wabo
Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye akikibizeyeho
Abo mu ngeri zose bari baje kuganira na Perezida Paul Kagame umukandida wa FPR

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − three =

Previous Post

Kenya: Inzego z’umutekano zafashe icyemezo nyuma yo kubona ko imyigaragambyo yakamejeje

Next Post

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.