Thursday, May 22, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe, iri mu za mbere nziza muri Afurika no ku Isi, aboneraho kubwira abafite impano muri ruhago mu Rwanda, ko nta rundi rwitwazo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, cyabimburiye umukino wa gicuti wahuje amakipe y’inzego z’Umutekano mu Rwanda, APR FC ya RDF, ndetse na Polisi FC ya RNP.

Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) Dr Patrice Motsepe.

Perezida Kagame yashimiye Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino kuba barafashije u Rwanda kugera ku gikorwa remezo nk’iki cya Sitade Amahoro, kandi ko bari kubikorera n’ibindi Bihugu bya Afurika mu rwego rwo guteza imbere impano z’abana ba Afurika

Ati “Ibi bizatuma turangamirwa n’amahanga, kandi abana bafite impano bagume hano muri Afurika, bakinira mu Bihugu byabo.”

Yizeje kandi ko u Rwanda ruha agaciro cyane iki gikorwa remezo cya Sitade Amahoro, ku buryo abana b’u Rwanda bagiye kukibyaza umusaruro.

Ati “Ubu nta rundi rwitwazo ku bana bacu bafite impano, mugomba gukora cyane, kandi neza, mureke natwe tuze mu beza ba mbere ku Mugabane wa Afurika.”

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amahruru muri Afurika (CAF), Dr Patrice Motsepe yavuze ko akurikije uko yabonye Sitade Amahoro, ari imwe mu nziza ku Mugabane wa Afurika ndetse no ku Isi yose.

Ati “Iyi ni imwe muri sitade nziza muri Afurika no ku Isi. Twe nk’Abanyarwanda, twe nk’Abanyafurika, dukwiye guterwa ishema kandi tugashimira Perezida Kagame ku miyoborere myiza yageze kuri Sitade nziza nk’iyi.”

Motsepe na we yavuze ko yifuza ko igikorwa nk’iki kigomba kugira icyo gihindura ku rwego rw’Umupira w’Amaguru mu Rwanda rukiri hasi.

Ati “Ubutaha ndifuza kuzagaruka hano, mbona ikipe y’Igihugu cy’u Rwanda iri gukina n’indi kipe ya mbere nziza muri Afurika.”

Yavuze ko yifuza ko impano z’abana b’u Rwanda, zitezwa imbere ku buryo mu Rwanda haba igicumbi cy’umupira w’amaguru muri Afurika. Ati “U Rwanda ruzaba imwe mu makipe meza muri Afurika.”

Yasoje ashimira Perezida Paul Kagame ku bw’umuhate we, n’ubwitange mu gutuma u Rwanda rukomeza kuza imbere mu byiza, ndetse no mu mupira w’amaguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 17 =

Previous Post

Umunyarwenya ukomeye muri Afurika wihebeye u Rwanda yasubije abamubaza Umukandida wo gutorera kuruyobora

Next Post

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

Related Posts

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

by radiotv10
21/05/2025
0

APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino Basketball Africa League ya Nile Conferece iri kubera i Kigali, yavuze ko...

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanzuye ko hazasubukurwa umukino wahuzaga Rayona Sports na Bugesera FC ugahagarara utarangiye...

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

by radiotv10
16/05/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,...

IZIHERUKA

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais
AMAHANGA

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

21/05/2025
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

21/05/2025
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

21/05/2025
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

21/05/2025
Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

21/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.