• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare 25 ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kubera uko bitwaye imbere ya M23

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abasirikare 25 ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kubera uko bitwaye imbere ya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 25 mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo babiri bafite ipeti rya Capitaine, bakatiwe urwo gupfa, bahamijwe icyaha cyo guhunga urugamba mu mirwano iherutse kuba yasize umutwe wa M23 ufashe agace ka Kanyabayonga.

Uru rubanza rwamaze umunsi umwe, rwaregwagamo abantu 31 barimo abasirikare 27 ndetse n’abasivile barindwi barimo bane basanzwe ari abagore b’abasirikare, aho baburanishijwe n’Urukiko rwa Butembo muri Kivu ya Ruguru, rwabereye mu gace ka Alimbongo.

Bashinjwaga gusuna imbere y’umwanzi mu mirwano iherutse kubaho mu rugamba ruhanganishije FARDC na M23, aho abasirikare 25 bahamijwe icyaha, bagakatirwa igihano cy’urupfu.

Bashinjwaga ibyaha birimo kugaragaza intege nke imbere y’umwanzi, icyo gupfusha ubusa amasasu y’intambara, kurenga ku mabwiriza ndetse n’icyaha cy’ubujura.

Muri aba basirikare 25 barimo babiri bafite ipeti rya Capitaine, bahamijwe ibi byaha byose bashinjwaga, bakatirwa igihano kiruta ibindi byose, cyo kwicwa.

Nk’uko byatangajwe na Me Jules Muvweko, umwe mu banyamategeko bunganiraga abaregwa, yatangaje ko abandi muri aba 31 baregwaga muri uru rubanza, barimo n’abo bagore bane, bagizwe abere, kubera kubura ibimenyetso simusiga bibashinja.

Ni urubanza rubayeho nyuma y’uko umutwe wa M23 ufashe agace ka Kanyabayonga, ndetse ukagaragaza ko wafashe ububiko bunini bwarimo ibikoresho bya gisirikare bwasizwe na FARDC.

Aka gace ka Kanyabayonga kafashwe na M23 nyuma y’urugamba ruremereye rwabaye hagati ya M23 n’uruhande bahanganye, gaherereye mu bilometero bitari byinshi uvuye mu Mujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Next Post

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.