Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA
0
Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize inteko izatora Abadepite mu cyiciro cy’abagore bo mu Mirenge y’Akarere ka Rusizi bari baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida, batumiwe babwirwa ko bazasubizwa amafaranga y’urugendo ariko igihe cyo kuyahabwa kigeze ntibahita bayahabwa, bamwe barabyijujutira, ndetse hari abavuye muri Sitade saa moya z’ijoro.

Aba bagore bavuga ko bageze muri sitade mu gitondo kare bagategereza abakandida, ariko bahagera saa tanu, mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza byarangiye saa munani.

Nyuma y’uko bari bahawe ubutumwa babwirwa ko bazasubizwa amafaranga y’urugendo, ndetse ko bari bunahabwe ifunguro rya saa sita, ariko ubwo gahunda zari zihumuje, bababwiye ko byahindutse.

Marie Christine Vumiliya waturutse mu Murenge wa Mururu yagize ati “Tukimara no kugera hano, uwari ushinzwe gahunda y’umunsi yongeye abisubiramo avuga ko hagiye kuza ibyo kurya bizanye n’amafaranga y’urugendo, hanyuma  dutege dutahe. Ibyo babivuze Abakandida-Depite bagihari. Bimaze kuba saa kumi n’iminota nibwo badukujeho baratubwira ngo nidutahe amafaranga tuzayasanga ku Mirenge yacu.”

Gutinda muri sitade bategereje amafaranga, byageze aho bitera bamwe impungenge z’icyo bari bubwire abagabo babo nk’uko babibwiye abanyamakuru.

Mukakayuhura Eveline wo mu Murenge wa Gitambi ati “Niba umugore yavuye mu rugo saa munani z’ijoro umugabo azi ngo agiye kwamamaza, bikaba bigeze saa kumi n’imwe atarataha bikaba biribugeze saa mbiri atarataha, uwo mugore azagera mu rugo abwire umugabo gute?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushizwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie yabwiye RADIOTV10 ko icyatumye aya mafaranga bari bemerewe atabonekera igihe, ari uko sisitemu za banki zagoranye.

Ati “Ntabwo twabatengushye turi muri banki twagiye gushaka amafaranga. Ibyo bagenewe bagombaga kubibona mu ntoki, turi muri banki rero ntabwo birakunda sisitemu zanze.”

Byageze aho bamwe bavuga ko bari burare muri sitade kuko amasaha yari yamaze gukura kandi nbadafite uburyo bwo kwitegera.

Amakuru avuga ko ibibazo byari byatumye sisiteme ya Banki itenguha abagomba guha amafaranga aba baturage, byaje gukemuka ndetse mu ma saa moya z’umugoroba abari bakiri muri sitade ubuyobozi bw’akarere bukabashakira imodoka zo kubacyura, mu hari abari bamaze gutaha bagiye bijujuta.

Aho kwandika amafaranga y’urugendo basabwe kuba bahasimbutse
Byatumye bamwe barakara
Bamaze igihe kinini muri sitade bategereje guhabwa amafaranga y’urugendo
Harimo umubyeyi ufite uruhinja

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

Next Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Related Posts

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.