Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umuhanzi w’ikirangirire yatumijwe kwisobanure kubyo yavuze ku mirwano ihanganishije FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in AMAHANGA, IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA, POLITIKI
0
DRCongo: Umuhanzi w’ikirangirire yatumijwe kwisobanure kubyo yavuze ku mirwano ihanganishije FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Antoine Christophe Agbepa Mumba, uzwi nka Koffi Olomidé, yahamagajwe n’Urwego rukuru rushinizwe amawi n’amashusho muri DRCongo, kugira ngo yisobanure ku kuvuga ko igisirikare cy’iki Gihugu nta mirwanire yacyo, ahubwo ko kiri gukubitwa inshyi.

Ni nyuma y’ikiganiro cyitwa ‘Le Panier, the Morning show’ cyabaye tariki 06 Nyakanga 2024 cyatambutse ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RTNC).

Uretse Koffi Olomidé watumijwe n’Urwego rw’Igihugu muri Congo rushinzwe ubugenzuzi bw’amajwi n’amashusho CSAC (Conseil supérieur de l’audiovisuel et de la communication), hanahamagajwe Umunyamakuru Jessy Kabasele wari wamwakiriye muri iki kiganiro.

Uyu muhanzi w’ikirangirire w’injyana ya Rumba, yahamagajwe nyuma yo kunnyega imirwanire y’ingabo za Leta ya Congo mu ntambara imaze igihe izihanganishije n’umutwe wa M23 mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ubwo umunyamakuru Jessy Kabasele yabazaga uyu muhanzi kugira icyo avuga kuri iyi mirwano, yamusubije na we amubaza, ati “Uravuga iyihe?” Akomeza agira ati “Nta ntambara ihari. Turi gukubitwa, turakubitwa inshyi, baradukorera ibyo bishakiye.”

Umunyamakuru na we arongera ati “Nibura se urabizi ko twatewe?” Koffi Olomidé asubiza agira ati “Intambara ibaho igihe habayeho kurasa, nkaba narasa nawe ukarasa, nk’uko byabaye muri Ukraine.”

Nyuma y’iminsi ine iki kiganiro gitambutse, umunyamakuru Jessy Kabasele wari ukiyoboye, yahagaritswe ndetse n’iki kiganiro kikaba cyahagaritswe gutambuka kuri RTNC.

Mu butumwa bw’Umuyobozi Mukuru wa RTNC buhagarika uyu munyamakuru bwatambutse kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, yamumenyesheje ko ari uko atakosoye ibyatangajwe n’uyu muhanzi, kandi azi neza ko Igihugu cye kiri mu ntambara ngo cyashoweho n’ikindi Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Next Post

Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

Related Posts

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.