Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kagame yavuze igisubizo yaha abavuga ko FPR-Inkotanyi igira igitugu

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kagame yavuze igisubizo yaha abavuga ko FPR-Inkotanyi igira igitugu
Share on FacebookShare on Twitter

Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yavuze ko abavuga ko uyu Muryango ugira igitugu kubera uburyo ushyigikirwa n’Abanyarwanda benshi, baba birengagije ibyiza wabakoreye uzanakomeza kubagezaho, ku buryo aramutse ari ubasubiza yababwira ko niba ari ibyo bita igitugu, atabyicuza, kuko ari yo yazaniye Abanyarwanda ibyiza batigeze bagira.

Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, ubwo yiyamarizaga mu Karere ka Gasabo ahari hateraniye Abanyamuryango barenga ibihumbi 300 bari baje kumwakira.

Yagarutse ku mateka y’u Rwanda yabanje kuruyobya, akaza kurworeka, ariko akaza gukosorwa n’Umuryango FPR-Inkotanyi washyize imbere ubumwe bw’Abanyarwanda butagira uwo buheeza.

Ariko ibi byose byabaye kuko hari abitanze ndetse bamwe bakahatakariza ubuzima, ku buryo nta muntu ukwiye gukinisha iyi politiki abantu baharaniye kugeza no kuyimenera amaraso.

Ati “Tubikora ku buryo bwa bundi tujya tuvuga bw’ubudasa, Abanyarwanda dufite ubudasa, n’abandi bafite ubwabo, njye ndavuga ubwacu. Ubudasa bwacu, n’uyu munsi kubona muteraniye aha muri imbaga ingana itya, mu gihe cy’amatora, n’ahandi hose twagiye baza bangana nk’uku mungana, ubundi ibimenyerewe ahandi bafite ubudasa bwabo, igihe nk’iki abantu umwiryane uba ari wose, ndetse uwo mwiryanye abantu baragiye bawuhindura ko ari wo Demokarasi.”

Chairman wa FPR-Inkotanyi yavuze ko ibyo bamwe bita Demokarasi ubundi bidakwiye kuba ari byo, atanga urugero rw’amashyaka yariho mbere ya Jenoside, aho bamwe mu Banyarwanda bishe abandi bavuga ko ari uko badahuje, bikitwa ko na byo ari demokarasi.

Ati “Nabyo abenshi babyita ko ari Demokarasi. Ni ko bizwi, bavuga ko ari Demokarasi ngo abantu bari barakaye, iyo urakaye ukica uwo urakariye cyangwa uwo wanga, abantu baragiye na byo babihindura demokarasi.”

Yavuze ko ayo mateka ari yo FPR-Inkotanyi yaciye, ndetse igahuriza hamwe Abanyarwanda ku buryo benshi bayiyobotse, ariko nabyo bikaba bitanyura bamwe batumva uburyo uyu Muryango ushyigikirwa ku rwego ruhanitse nk’uru.

Ati “Ariko abantu bakavuga ngo ‘FPR ifite igitugu kuba ikurikiwe n’abantu banga gutya’. Niba ari cyo gitugu ntabwo nabyicuza njyewe. Igitugu kivamo abantu kubana batarigeze babana bicana, bangana, baranagize na Jenoside nk’iyo twagize hano ukagira abantu bakajya hamwe bakumvikana bagateza imbere Igihugu cyabo, wabaha uburyo bwo kugira ngo bahitemo bakore amatora ya Politiki bashaka y’abayobozi bashaka, ukavuga ngo ni igitugu kubera uko ari ubudasa budasa n’ubwawe, ibyo njye nababwira ko mu mateka u Rwanda rwandika n’ibyo birimo.”

Yanasabye Abanyarwanda kandi kudatega amatwi abababwira ko ibi ari icyaha. Ati “Nta cyaha kirimo, ni ubudasa, ni ubumwe bw’Abanyarwanda aho butigeze buba, ni amateka ahinduka akava ahabi akajya aheza.”

Yongeye kugaruka ku batuka u Rwanda barunenga amahitamo yabo, asaba Abanyarwanda kubima amatwi. Ati “Kudutukira ubudasa bwacu? Rwose bajye badutuka gusa, nibarangiza batwirinde. Igihugu gishyize hamwe, kidasiga uwo ari we wese inyuma, politiki imeze ityo, ntako isa, ni yo dukwiye kugira.”

 

Naje kubasaba amawi kandi nzi ko nyafite

Paul Kagame yavuze ko kandi ibi byose byakozwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi byo kubaka Igihugu, ari yo mpamba yazanye aje kubasaba amajwi kandi ko yizeye ko bamaze kuyamuha.

Ati “Ni cyo cyanzanye hano, naje kubasaba amajwi, nzi ko nyafite mwayampaye…Njye ntabwo naje kubasaba, naje kubashimira, naho ibindi bireke kuturangaza, rwose twikorere ibitureba.”

Abaturage mu majwi yo hejuru, bati “Tuzagutora ijana ku ijana” Na we ati “Rwose naryo ndaryakiriye kandi nzi ko hari abatarimenyereye. Hari abavuga ko ijana ku ijana abarigize igitutsi, ntaryo bashoboye, ntaryo babona.”

Yavuze ko iryo jana ku ijana rifite igisobanuro, ati “Rivuze ubudasa, rivuze politiki yahindutse ikava mu macakubiri ikava mu bwicanyi ikajya mu kubaka Igihugu, Abanyarwanda bakaba bari hamwe.”

Yavuze ko izo mpinduka ziririmbwa n’amahanga, na zo zizagenwa n’Abanyarwanda igihe bazabishakira. Ati “Aho Abanyarwanda bazashakira mwebwe, aho muzashakira kugira ubundi budasa, ibyo rwose mubifitiye uburenganzira.” Abaturage na bo bati “Ni wowe ni wowe ni wowe.”

 

Isezerano

Chairman wa FPR-Inkotanyi kandi yaboneyeho kumenyesha Abanyarwanda ko impinduka babonye muri manda zabanje, bazakomeza kuzibona ndetse aboneraho gusezeranya abatuye Akarere ka Gasabo kuzabagezaho bimwe mu byo bifuza.

Ati “Ndashaka gusezeranya ikintu kimwe gusa kihuse kandi nifuza ko kizihuta, hari umuhanda twajemo, uyu muhanda watugejeje aha w’igitaka, uraza guhinduka kaburimbo vuba byanga bikunze. Ibyo ndabisezeranyije nitumara guhitamo neza tariki 15.”

Chairman wa FPR yagarutse ku byavuzwe n’Abanya-Gasabo, abasezeranya ko n’ibindi bifuza, bizabageraho kandi byose bikazaza ari byiza kurusha ibyagezweho.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, asigaje kwiyamamariza kuri site imwe y’i Bumbogo mu Karere ka Kicukiro, itahiwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024.

Paul Kagame ubwo yageraga i Bumbogo yabanje kuramutsa abaturage barenga ibihumbi 300 bari baje kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Hatangajwe akaga kasizwe n’inkangu idasanzwe yahuranyije imodoka zitwara abagenzi

Next Post

Inkuru iryoshye y’uburyo Kagame akiri muto yakangiwe n’umujandarume aho yaje gutura ari Perezida

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru iryoshye y’uburyo Kagame akiri muto yakangiwe n’umujandarume aho yaje gutura ari Perezida

Inkuru iryoshye y’uburyo Kagame akiri muto yakangiwe n’umujandarume aho yaje gutura ari Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.