Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’intabera cya Kagame ku bo mu Turere tubiri bamuhaye icyifuzo kimwe

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, yongeye gusabwa n’abatuye mu kandi Karere kuzaza kwifatanya na bo mu matora, nyuma y’uko abisabwe n’abo mu kandi, bombi abaha igisubizo kibanyura.

Ubwo Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Gasabo, uwari uyoboye iki gikorwa, Emma Claudine Ntirenganya, yagarutse ku cyifuzo giherutse gutangwa na Sheihk Musa Fazil Harelimana wasahye Umukandida wa FPR kuzaza akifatanya n’abatuye Akarere ka Nyarugenge mu matora, nubwo yakimutsemo ubu akaba atuye mu ka Gasabo.

Emma Claudine wavuze ko kuba Paul Kagame yajya gutorera mu Karere ka Nyarugenge bishoboka kuko Umunyarwanda wese yemerewe gutorera aho ashatse hose igihe yiyimuye kuri Lisiti y’Itora, yagize ati “Ariko Chairman abantu b’i Nyarugenge batwihanganire ubukwe tubanze tubutahe, hanyuma ubukwe niburangira Nyakubahwa Chairman, intore z’i Gasabo tuzabaherekeza twese tujye gusura ab’i Nyarugenge.”

Ubwo Sheihk Musa Fazil Harelimana yagezaga kuri Chairman wa FPR iki cyifuzo kandi, yanamusabye ko yazifatanya n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ubwo bazaba bizizihiza imyaka 30 ishize uhawe agaciro yanagizemo uruhare, mu birori bizaba umwaka utaha.

Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, ubwo yatangiraga ijambo rye kuri uyu wa Gatanu, yagarutse kuri ibi byifuzo by’abatuye Uturere twa Nyarugenge na Gasabo, avuga ko nubwo atashobora yatatorera mu Turere tubiri, ariko hari uburyo ibyifuzo by’abatuye utu Turere twombi, byazashyirwa mu bikorwa.

Ati “Hari uburyo abantu basaranganya bikagera kuri buri wese, ikibazo hagati na Nyarugenge na Gasabo, uko nzabigenza, Fazil namwemereye ko nibantumira ngasangira na bo, ubwo nzaza. Ibyo gutora rero, ubwo nzatorera aho ndi, aho ndi ni ho nzatorera, hanyuma kuri wa munsi mukuru natumiweho, nkazajya n’abayisilamu ku munsi mukuru wabo. Ubwo si ubutabera se?”

Ni igisubizo cyanyuze imbagara y’abaturage barenga ibihumbi 300 bari bateraniye i Bumbogo ya Gasabo, bahise bazamurira rimwe amajwi, banakoma amashyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 9 =

Previous Post

Trump-May special relationship gets special treatment in the streets of London

Next Post

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Related Posts

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.