Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mozambique: Gen.Nyakarundi yagejeje ku basirikare n’abapolisi b’u Rwanda ubutumwa bwa Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in Uncategorized
0
Mozambique: Gen.Nyakarundi yagejeje ku basirikare n’abapolisi b’u Rwanda ubutumwa bwa Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, azigezaho ubutumwa bw’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Paul Kagame.

Maj Gen Vincent Nyakarundi wagiriye uruzinduko muri Mozambique, tariki 11 na 12 Nyakanga 2024, ari kumwe na mugenzi we Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka wa Mozambique, Maj Gen Alberto Diago Nampele basuye izi nzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Mocimboa da Praia ndetse n’iziri mu Karere ka Palma mu Ntara ya Cabo Delgado.

Bakiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’umutekano ziri muri ubu butumwa, Maj Gen Alex Kagame wanabagaragarije uko umutekano n’ibikorwa bya gisirikare mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba bihagaze muri Cabo Delgado.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi waganirije abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda, yanabagejejeho ubtumwa bw’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame ubashimira ku byo bamaze kugera.

Mbere yo kuganira n’aba bari mu butumwa, Maj Gen Vincent Nyakarundi yabanje kugirana ikiganiro n’abayobozi b’izi nzego, abasaba kuba maso ndetse no gukaza ibikorwa by’urugamba byo guhashya ibyihebe.

Maj Gen Nyakarundi kandi, nyuma yo kuganiriza izi nzego, yanasuye ikigo cya gisirikare cya Nacala, aho yagaragarijwe imyiteguro yo gusoza imyitozo ya gisirikare izasozwa mu mpera z’uku kwezi kwa Nyakanga 2024.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye inzego z’u Rwanda muri Mozambique
Yabanje kuganiriza abayoboye abandi abasaba kuba maso
Ubundi abagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame banashyiraho morale

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 5 =

Previous Post

Niger: Igikekwa ku itoroka ry’imfungwa nyinshi zari zifungiye muri Gereza irinzwe bikomeye

Next Post

Trump-May special relationship gets special treatment in the streets of London

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Trump-May special relationship gets special treatment in the streets of London

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.