Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA, POLITIKI
0
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, na Madamu we Jeannette Kagame; bakiriya abahanzi batuye mu Karere ka Bugesera nyuma y’uko abihawemo icyifuzo na Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, ndetse aranabagabira.

Nk’uko tubikesha Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye aba bahanzi kuri iki Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024, baratarama nk’uko byari byasabwe na Knowless.

Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, bwagize buti “Kuri iki Cyumweru muri Kibugabuga, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye abahanzi batuye muri Karumuna, mu gusohoza isezerano yatanze mu cyumweru gishize mu bikorwa byo kwiyamamaza bya FPR byabereye i Bugesera.”

Ubu butumwa bw’Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi bukomeza bugira buti “Perezida kandi yagabiye inka buri muhanzi.”

Tariki 06 Nyakanga 2024, ubwo Paul Kagame yakomerezaga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Bugesera, umuhanzikazi Knowless wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi irangajwe imbere na Paul Kagame, yamugejejeho icyifuzo.

Butera Knowless usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, aho Paul Kagame na we atuye ndetse anafite urwuri, yamusabye ko yazabasura, bakagira umwanya wo kuganira nk’abaturanyi.

Paul Kagame ubwo yatangiraga ijambo rye mu kwiyamamaza, yabanje gusubiza iki cyifuzo cyari cyatanzwe na Knowless, aho yagize ati “Reka mbanze nsubize ibyasabwe na Knowless, ni uko yavuze mbere yanjye, naho nanjye nari mbifite ko nzashaka umwanya nkabatumira tugatarama.”

Nk’uko bisanzwe, Paul Kagame yahiguye iri sezerano, nyuma y’icyumweru kimwe gusa, ejo kuri iki Cyumweru tariki 14 yakiriye mu rugo rwe i Bugesera, abahanzi barimo Nkowless ndetse na Tom Close, basanzwe bafite amazina akomeye mu Rwanda, bakaba banatuye muri aka Karere ka Bugesera.

Mu bandi bazwi bakiriwe na Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, barimo Ishimwe Clement utunganya umuziki, usanzwe ari umugabo wa Knowless, Tricia usanzwe ari umugore wa Tom Close na we uzwi mu ruganda rw’ubwanditsi bw’ibitabo, Platini P., Nel Ngabo, na Meddy Saleh uzwi mu gutunganya imiziki mu buryo bw’amashusho.

Perezida Kagame yabakiriye anabatembereza mu rwuri

Banagize umwanya wo gutarama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Bizejwe ibyari kubafasha gusezerera ubukene ariko ibyakurikiye sibyo bari biteze

Next Post

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.