Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bivuriza ku Bitaro bikuru bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu binubira serivisi mbi bahabwa na bamwe mu baganga, ku buryo hari n’abahatakariza ubuzima kubera kurangaranwa, basaba Leta kwinjira muri ibi bibazo.

Benshi mu banenga imitangire itanoze ya serivisi z’ibi Bitaro Bikuru by’Akarere ka Rubavu, ni ababyeyi bajya kuhabyarira, barimo n’abemeza ko hari abana babo bahatakarije ubuzima bababyara.

Nyirarukundo Diane wo mu Murenge wa Nyakiriba avuga ko yoherejwe kubyarira muri ibi Bitaro, ariko abaganga bakamukorera ibikorwa byangije umwana we akiri mu nda, bituma ahatakariza ubuzima.

Avuga ko abaganga bamujombaguye ibintu mu nda. Ati “Muganga akimuzana twamukubise amaso, yari yabyimbagatanye ari kuvirirana, bigeze aho mbonye n’imiti bari kuntuma ndatekereza, ndavuga nti ‘ariko aba baganga ko ari bo babikoze, njyewe ko nta n’ubushobozi mfite bwo kugura iyi miti’, mpita mfata nimero z’umukuru w’ibitaro ndamuhamagara arangije abwira abaganga bari barimo ngo bajye banyandikira agapapuro ngende njye gufata imiti ntayiguze.”

Undi mubyeyi witwa Umuhoza naw e wo mu Murenge wa Nyakiriba, na we avuga ko umwana we yazize serivisi mbi z’abaganga, avuga ko yabiyambaje inshuro nyinshi, bakamwima amatwi bikarangira ahasize ubuzima.

Ati “Nabasabye kenshi nzenguruka imbere y’abaganga ndongera ndagaruka inshuro ya kabiri nti ‘muganga ko ndi kubona umwana arembye’ ati ‘subirayo ndagusanga mu cyumba’. Ndongera nsubirayo inshuro 5 mugera mu maso ansubiza inyuma, nibwo yagiye mu nzu nyine areba umwana ngo umwana nta mutsi afite.”

Iyo serivise mbi ikunze kugarukwaho na bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Gisenyi bamwe muri bo bagaragaza ko yabasigiye ibikomere n’ingaruka zitandukanye.

Umwe ati “Bamukuruza ibyuma yari amaze iminsi ibiri ari ku nda batamwitayeho ngo babe bamubaga cyangwa babe bamukorera ibindi bageze aho babona umwana arapfa na nyina arapfa bahitamo kumukuruza ibyuma umwana avuka afite ikibazo muri ubwo buryo, njye serivise ndayikemanga kuko iyo umuntu amaze iminsi ibiri ari gutaka umwuka uba wabaye mukeya ubwo rero niyo mpamvu njyewe umwana mfite yamazemo amafaranga.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste avuga ko bazi ikibazo cya serivisi ikiri hasi muri ibi Bitaro kubera ibibazo bitandukanye bityo ko bafashe ingamba zigamije kuyizamura ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye.

Ati “Ni ikibazo tuzi, ni intambara turwana umunsi ku wundi kugira ngo tugende tunoza imitangire ya serivisi, turabizi ko tukiri kure kubera uwo mubare munini w’abatugana ndetse uwugereranyije n’umubare w’abakozi bituma koko abarwayi bashobora kumara akanya kanini mu bitaro mbere y’uko babona serivisi zose bakeneye bagasohoka.”

Ibitaro bya Gisenyi bivuga ko byita ku baturage bagera ku bihumbi 546 bo mu karere ka Rubavu, hakiyongeraho abava muri imwe mu Mirenge y’Uturere twa Nyabihu na Rutsiro, bigatuma umubare w’abagana ibi bitaro uzamuka cyane ukaruta ubushobozi bwabyo kubera umubare w’abaganga ukiri muto.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 6 =

Previous Post

France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

Next Post

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.