Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyigikije iya Zambia inkunga ya toni 1 000 z’ibigori bifite agaciro k’Ibihumbi 370$, mu rwego rwo gufasha iki Gihugu guhangana n’amapfa acyugarije, igisezeranya ko kifatanyije na cyo.

Iyi nkunga ya Guverinoma y’u Rwanda, yatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo wari uhagarariye u Rwanda, mu gihe yayishyikirije Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo, yavuze ko iyi nkunga u Rwanda rwayitanze mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu cyugarijwe n’iki kibazo cy’amapfa.

Yagize ati “Uyu munsi u Rwanda rwifatanyije na Zambia, mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda nashyikirije toni 1 000 z’ibigori Visi Perezida wa Zambia Nalumango, mu kubaha ubufasha muri ibi bihe by’amapfa.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, yavuze ko kubera ubufatanye bw’ibi Bihugu byombi, bizakomeza gusangira akabisi n’agahiye. Ati “Dusangiye imbogamizi mu cyizere n’ubumwe.”

Iyi nkunga igizwe n’imifuka ibihumbi 20 y’ibilo 50 by’ibigori kuri buri umwe, aho ifite agaciro k’ibihumbi 370 USD [arenga miliyoni 450 Frw].

Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango yavuze ko iyi nkunga Igihugu cyabo cyahawe n’u Rwanda, izagifasha mu rugamba kirimo cyo guhangana n’inzara yugarije abaturage.

Yavuze ko iyi nkunga igaragaza umubano n’ubucuti byiza bisanzwe biri hagati ya Zambia n’u Rwanda, ndetse ashimira iki Gihugu kuba cyifatanyije n’icyabo muri ibi bihe by’amajye.

Ati “Mureke tuzirikane akamaro ko gushyira hamwe mu bihe by’amajye. Mureke dukomeza gufatana urunana no gukorera hamwe mu kubaka ahazaza hazira amapfa no gutereranwa mu gihe abantu bakeneye ubufasha.”

Visi Perezida wa Zambia, Nalumango yasabye Ikigo Gishinzwe imicungire y’ibikorwa by’ubutabazi, guhita gishaka uburyo iyi mfashanyo y’Ibigori u Rwanda rwatanze, ihita igezwa ku baturage bayikeneye kurusha abandi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia yavuze ko iyi mfashanyo yatanzwe mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu mu mapfa
Visi Perezida wa Zambia yashimye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Next Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.