• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Pereziza mushya w’Inteko ya Congo yashyikirijwe ikirango kizafasha uru rwego kwirinda abashobora kurwiyitirira

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Pereziza mushya w’Inteko ya Congo yashyikirijwe ikirango kizafasha uru rwego kwirinda abashobora kurwiyitirira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba; yashyikirije Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe; kashe nshya y’iyi Nteko, avuga ko bigamije gutuma uru rwego rutagira abarwiyitirira bakaba bakora impapuro mpimbano mu izina ryarwo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, aho Minisitiri w’Ubutabera wa Congo, yavuze ko ashaka ko Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, igira ubushobozi bwo gutuma inyandiko n’amatangazo byabo, bisohoka byujuje ubuziranenge.

Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba yanagiriye inama izindi nzego zose mu Gihugu, kugira kashe yemewe, mu rwego rwo kwirinda ko hari abaziyitirira cyangwa bagakoresha impapuro mpimbano zazo.

Yagize ati “Naje gushyikiriza Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Kashi yemewe. Nk’uko mubizi, Perezida wa Repubulika yaduhaye inshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta, Minisitiri w’Ubutabera ndetse no kurinda za Kashi, yaduhaye ububasha bwo gushyira ku murongo serivisi zose za Leta, kashi zigomba kwifashishwa mu kwirinda ko habaho abyitirira inzego ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano.”

Iki gikorwa cyo gushyikiriza Kashi Inteko Ishinga Amategeko, kibaye nyuma y’iminsi itatu, Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba asabye amatorero n’amadini kutegerana ku buryo nta rusengero rukwiye kuba hafi y’urundi muri metero 500.

Constant Mutamba yanasabye Abakozi b’Imana kandi kujya bashinga amatorero babanje kubisabira uburenganzira n’impushya zitangwa na Minisiteri ayoboye y’Ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 4 =

Previous Post

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku ruganda rwa mbere rw’Amata y’Ifu rwafunguwe mu Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku ruganda rwa mbere rw’Amata y’Ifu rwafunguwe mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku ruganda rwa mbere rw’Amata y’Ifu rwafunguwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.