Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Uko imikino yafunguye ‘Petit Stade’ ivuguruye yagenze n’amakipe yegukanyemo ibikombe

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in SIPORO
0
Volleyball: Uko imikino yafunguye ‘Petit Stade’ ivuguruye yagenze n’amakipe yegukanyemo ibikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino y’igikombe cyo kwibohora muri Volleyball yabaye iya mbere ikiniwe muri ‘Petit Stade’ nyuma yo kuvugururwa, yarangiye hamenyekanye amakipe yegukanye ibikombe, arimo Kepler VC mu bagabo.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje ni bwo hakinwaga irushanwa ryo kwibohora muri Volleyball akaba, aho iri rushanwa ryaberaga muri Petit Stade yari imaze igihe ivugururwa.

Iyi mikino yatangiye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, yitabiriwe n’amakipe ane ya mbere mu byiciro byombi mu bagabo no mu bagore.

Kuwa Gatanu mu bagore muri ½, APR WVC yatsinze Ruhango WVC amaseti 3-0 ndetse ihita igera ku mukino wa nyuma.

Kuwa Gatandatu mu bagore kandi ikipe ya Police WVC yatsinze RRA WVC amaseti 3-1 ihita isanga APR WVC ku mukino wa nyuma.

Mu bagabo, ku wa gatanu ikipe Police VC yatsinze APR VC amaseti 3-1 na yo igera ku mukino wa nyuma, bucyeye bwaho ikipe ya Kepler VC yatsinze REG VC na yo ihita igera ku mukino wa nyuma.

Imikino ya nyuma yabaye kuri iki Cyumweru mu bagore, ikipe ya Police WVC yegukanye igikombe itsinze APR WVC amaseti 3-1 ihita yisubiza igikombe yanatwaye umwaka ushize, mu gihe mu bagabo ikipe ya Kepler VC yatwaye igikombe nyuma yo gutsinda Police VC amaseti 3-1.

Umwanya wa gatatu mu bagabo watwawe na APR VC nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-0, mu gihe mu bagore ikipe ya RRA WVC ari yo yatwaye umwanya wa gatatu itsinze Ruhango WVC amaseti 3-0.

Mu bagore APR WVC yahuye na Police WVC

Police WVC yegukanye igikombe
Mu bagabo, Police VC yahuye na Kepler VC

Abafana bari baje ari benshi

Kepler yegukanye igikombe

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe cyo gushyinguraho ‘Dorimbongo’ witabye Imana bigashengura benshi

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe

Related Posts

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

by radiotv10
28/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ishyihamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikoranabuhanga ryinganira imisifurire rizwi nka VAR (Video Assistant Referee) rizatangira gukoreshwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, ari mu bahawe inshingano mu bagize za Komisiyo z’Ishyirahamwe ry’Umupira...

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe

Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.