Friday, August 7, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ahanganyemo na Edmundo Gonzalez utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Nicolas Maduro akaba yatsindiye kuyobora Venezuela muri manda ya gatatu n’amajwi 51%, mu gihe Gonzalez umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi bari bahanganye, we yagize  amajwi 44% nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari batangiye kwishimira intsinzi nyuma y’uko amajwi yavuye mu mahanga yagaragaza ko ari bo bari imbere.

Ubwo yari mu birori byo kwishimira intsinzi, Perezida Maduro yavuze ko kuba abaturage bongeye kumutora, bisobanuye ko bakifuza iterambere, amahoro n’umutekano ndetse anashimangira amatora ya Venezuela yabaye mu mucyo.

Icyakora Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Maria Corina Machado, yatangaje ko Gonzalez ari we watsinze amatora ku majwi 70% nk’uko ibarura ry’amajwi rya mbere ryabigaragaje.
Mu itangazo yashyize hanze, yagize ati “Venezuela yabonye Perezida mushya watowe kandi ni Edmundo Gonzalez. Twatsinze kandi isi yose irabizi.”

Icyakora Gonzalez yavuze ko adahamagariye abamushyigikiye kujya mu mihanda cyangwa gukora ibikorwa by’urugomo.

Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, yavuze ko America “ifite impungenge zikomeye z’uko ibyatangajwe byavuye mu matora bidahura n’ibyifuzo ndetse n’amajwi y’abaturage ba Venezuela.”

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + six =