Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwitabira ibirori by’imideri bikomeye ku Isi, Anipha Umufite, yasangije ab’igitsinagore ubuhamya bw’uburyo aho ajya hose, ajyenda yumva ari kumwe na Yesu/Yezu ndetse ko ari we akesha ibyo agezeho byose.

Anipha Umufite yabitangarije mu giterane kizwi nka ‘All Women Together’ kiri kubera mu Rwanda kibaye ku nshuro ya 12, cyitabiriwe n’ab’igitsinagore baturutse mu bice bitandukanye by’Isi.

Iki giterane gitegurwa n’Umuryango Women Foundation uyoborwa na Apôtre Mignonne Kabera usanzwe ari umukozi w’Imana, icyo kuri uyi nshuro cyatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024,

Iki giterane All Women Together 2024 cy’uyu mwaka cyitabiriwe n’abavuye mu bice binyuranye by’Isi, kizamara iminsi ine.

Muri gahunda ziba muri ibi biterane, ababyitabiriye bafata umwanya munini w’ubuhamya mu ntero igira iti ‘Kuva mu Gutsikamirwa tujya mu butsinzi’.

Mu batanze ubuhamya harimo Umunyamiderikazi mpuzamahanga Anipha Umufite ukorana na Kompanyi zikomeye ku Isi, wavuze ko Yesu/Yezu ari we cyamamare kirenze abandi bose.

Yagize ati “Hari abagira isoni zo guhamya ko ari abakristo mu ruhame bari kumwe n’abakomeye, ariko ndagira ngo mbabwire ko Yesu ari we musitar ubarenze.”

Anipha Umufite yakomeje avuga ko nubwo agenda mu Bihugu byinshi byo ku Migabane itandukanye ku Isi, ariko igihe cyose aba ari kumwe na Yesu aho yerecyeje hose.

Ati “Aho njya hose mu Bihugu bitandukanye, ntabwo nsiga Yesu ndamuhamya, ni yo ndi kumwe n’icyamamare Kim Kardashian ntabwo bintera isoni kuvuga Yesu.”

Iki giterane ‘All Women Together Conference 2024’ kiri kuba Ku nshuro ya 12, kizamara iminsi ine, aho kizasoza kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kanama 2024.

Anipha Umufite yatanze ubuhamya bw’ibyo Yesu yamukoreye
Na Miss Kalimpinya yatanze ubuhamya
Byari amashimwe menshi

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kirimo inkuru nziza ku bifuza gutumiza hanze imodoka z’amashanyarazi n’iza Hybrid

Next Post

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Related Posts

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.