Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwitabira ibirori by’imideri bikomeye ku Isi, Anipha Umufite, yasangije ab’igitsinagore ubuhamya bw’uburyo aho ajya hose, ajyenda yumva ari kumwe na Yesu/Yezu ndetse ko ari we akesha ibyo agezeho byose.

Anipha Umufite yabitangarije mu giterane kizwi nka ‘All Women Together’ kiri kubera mu Rwanda kibaye ku nshuro ya 12, cyitabiriwe n’ab’igitsinagore baturutse mu bice bitandukanye by’Isi.

Iki giterane gitegurwa n’Umuryango Women Foundation uyoborwa na Apôtre Mignonne Kabera usanzwe ari umukozi w’Imana, icyo kuri uyi nshuro cyatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024,

Iki giterane All Women Together 2024 cy’uyu mwaka cyitabiriwe n’abavuye mu bice binyuranye by’Isi, kizamara iminsi ine.

Muri gahunda ziba muri ibi biterane, ababyitabiriye bafata umwanya munini w’ubuhamya mu ntero igira iti ‘Kuva mu Gutsikamirwa tujya mu butsinzi’.

Mu batanze ubuhamya harimo Umunyamiderikazi mpuzamahanga Anipha Umufite ukorana na Kompanyi zikomeye ku Isi, wavuze ko Yesu/Yezu ari we cyamamare kirenze abandi bose.

Yagize ati “Hari abagira isoni zo guhamya ko ari abakristo mu ruhame bari kumwe n’abakomeye, ariko ndagira ngo mbabwire ko Yesu ari we musitar ubarenze.”

Anipha Umufite yakomeje avuga ko nubwo agenda mu Bihugu byinshi byo ku Migabane itandukanye ku Isi, ariko igihe cyose aba ari kumwe na Yesu aho yerecyeje hose.

Ati “Aho njya hose mu Bihugu bitandukanye, ntabwo nsiga Yesu ndamuhamya, ni yo ndi kumwe n’icyamamare Kim Kardashian ntabwo bintera isoni kuvuga Yesu.”

Iki giterane ‘All Women Together Conference 2024’ kiri kuba Ku nshuro ya 12, kizamara iminsi ine, aho kizasoza kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kanama 2024.

Anipha Umufite yatanze ubuhamya bw’ibyo Yesu yamukoreye
Na Miss Kalimpinya yatanze ubuhamya
Byari amashimwe menshi

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kirimo inkuru nziza ku bifuza gutumiza hanze imodoka z’amashanyarazi n’iza Hybrid

Next Post

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.