Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa ‘beryllium’ kubera ibibazo byagaragaye mu bucukuzi bwayo, birimo amakimbirane n’imvururu bibushingiyeho.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro bwa beryllium, ni bumwe mu bwihagazeho ku isoko, cyane ko bukoreshwa mu nzego zikomeye zirimo ibijyanye n’indege no mu bikoresho bya gisirikare, mu bikoresho by’ikoranabuhanga, ndetse no mu ngufu za nikereyeli.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze aya mabuye y’agaciro.

Muri iri tangazo, RMB yavuze ko “Imenyesha ihagarikwa ryo kohereza hanze beryllium, kubera ibibazo byaragaye by’ubucukuzi budakurikije amategeko ndetse n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.”

Muri iri tangazo, RMB ikomeza “imenyesha abantu muri rusange n’abacuruzi bohereza hanze amabuye y’agaciro ihagarikwa ryo kohereza hanze amabuye y’agaciro ya beryllium kugeza igihe hazatangarizwa ikindi cyemezo.”

Iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, gitangaza ko muri iki gihe habaye hahagritswe ibikorwa byo kohereza hanze ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, hagiye gukorwa ubusesenguzi n’igenzura ku birego byakiriwe by’ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse hakazanashyirwaho amabwiriza ajyanye n’ubucuruzi bw’aya mabuye y’agaciro.

RMB ntiyatanze umucyo kuri ibyo bibazo nyirizina bivugwa muri ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa beryllium, birimo n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Abanyakigali bose batumiwe mu birori by’ibyishimo ku Banyarwanda bose

Next Post

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.