Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa ‘beryllium’ kubera ibibazo byagaragaye mu bucukuzi bwayo, birimo amakimbirane n’imvururu bibushingiyeho.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro bwa beryllium, ni bumwe mu bwihagazeho ku isoko, cyane ko bukoreshwa mu nzego zikomeye zirimo ibijyanye n’indege no mu bikoresho bya gisirikare, mu bikoresho by’ikoranabuhanga, ndetse no mu ngufu za nikereyeli.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze aya mabuye y’agaciro.

Muri iri tangazo, RMB yavuze ko “Imenyesha ihagarikwa ryo kohereza hanze beryllium, kubera ibibazo byaragaye by’ubucukuzi budakurikije amategeko ndetse n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.”

Muri iri tangazo, RMB ikomeza “imenyesha abantu muri rusange n’abacuruzi bohereza hanze amabuye y’agaciro ihagarikwa ryo kohereza hanze amabuye y’agaciro ya beryllium kugeza igihe hazatangarizwa ikindi cyemezo.”

Iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, gitangaza ko muri iki gihe habaye hahagritswe ibikorwa byo kohereza hanze ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, hagiye gukorwa ubusesenguzi n’igenzura ku birego byakiriwe by’ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse hakazanashyirwaho amabwiriza ajyanye n’ubucuruzi bw’aya mabuye y’agaciro.

RMB ntiyatanze umucyo kuri ibyo bibazo nyirizina bivugwa muri ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa beryllium, birimo n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − three =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Abanyakigali bose batumiwe mu birori by’ibyishimo ku Banyarwanda bose

Next Post

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.