Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyanzoga mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko insoresore zikora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zibarembeje zibakorera urugomo, zishoramo iyo zimaze guhaga inzoga zigura mu mafaranga ziba zimaze gukorera.

Aba baturage bavuga ko izi nsoresore n’ubundi zigaragara nk’abanyarugomo, kuko iyi zivuye mu kazi, zihitira mu nzoga, zikazinywa zigasinda, ubundi zikabiraramo zikabakubita.

Umwe ati “Iyo bamaze kubona amafaranga y’amabuye, bahita bajya kunywa bamara gusinda uwo bahuye wese baramuhohotera, nanjye baherutse kunkubita. Ntawe badahohotera, bakomeretsa benshi cyane.”

Undi ati “Ni itsinda ry’ibirara, turabizi n’amazina, baranywa bamara gusinda bagateza urogomo, n’umwana wanjye baramukomerekeje hari n’umuturanyi wanjye batemye ubu ari mu bitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney, avuga ko uretse ikibazo giherutse kuba ahantu hari habaye ubukwe izo nsoresore zikahagaba igitero cy’urugomo, ariko ko ntakindi kibazo cy’umutekano mucye giterwa n’uru rubyiruko.

Ati “Ikibazo tuzi cyabayeho, ni icyabaye mu cyumweru gishize insoresore zagiye mu bukwe zikubita abantu, ariko icyo kibazo kiri gukurikiranwa kiri mu Bugenzacyaha, ariko ubundi ntakibazo cy’umutekano mucye kiri muri ako gace.”

Ni mu gihe abaturage bo bavuga ko hari benshi bagiye bahura n’ibyo bikorwa by’urugomo mu bihe bitandukanye, bagasanga bikwiye ko hagira igikorwa kugira ngo iki kibazo kiranduke.

Prince Theogene NZABIHIMNA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya

Next Post

Inkuru itari nziza y’ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Related Posts

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

by radiotv10
09/06/2025
0

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

09/06/2025
Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itari nziza y’ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Inkuru itari nziza y'ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.